Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Urugamba M’uburasirazuba bwa RDC, rukomeje kuzamo impaka naho M23 yo yakameje gufata ibindi bice.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 6, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imirwano idasanzwe ihuza M23 n’ingabo za RDC ndetse n’imitwe ishigikiye leta ya Kinshasa imaze iminsi yongeye kubura aho nokuri uyu wa Gatanu hongeye kuvugwa imirwano ikomeye kandi ko yabereye mubice byinshi harimo n’iyabereye mugace ka Tongo ahagana isaha z’igitondo biza kurangira M23 y’igaruriye Groupement ya Tongo.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Mu masaha y’igicamunsi urugamba rwakomeje nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yanyujije kuri X, yahoze yitwa Twitter avuga ko “Saa 12:30 bikomeje kugorana gushingura imirongo y’ubwirinzi ya M23.”

Lawrence Kanyuka yakomeje agira ati “Abasirikare ba Guverinoma ya Kinshasa n’abambari babo, bakomeje kugaba ibitero by’imbunda ziremereye barasa ahari abaturage.”

Amakuru aturuka muri Congo, avuga ko FARDC n’abambari bayo, bagabye igitero mu mujyi wa Kibumba uherereye mu majyaruguru ya Goma.

Kuri uyu wa Kane tariki 05/10/2023, umutwe wa M23 wamaganiye kure ibikorwa byagaragaye byo gutwikira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, usaba ko imiryango irimo EAC n’uw’Abibumbye, kugira icyo bakora.

M23 kandi yavuze ko ibi bikorwa by’urugomo bikomeje gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, biri no gushigikirwa n’abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’Umuryango wa EAC.

M23 yavuze ko abasirikare b’u Burundi bamaze iminsi bambara umwambaro (Uniform) ya FARDC, ubundi bakajya gufatanya n’iki gisirikare ndetse n’imitwe nka FDLR, muri uru rugamba.

Gusa igisirikare c’u Burundi, cashize itangazo hanze kuri uyu wa Gatanu ryamagana abavugako bafatikanije n’ingabo za RDC, n’itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wabo Col Biyereke Floribert.

Ati: “kuva ingabo z’u Burundi zinjira muri ubu butumwa bagiye bakurikiza amategeko agenga ingabo za Afrika y’Iburasirazuba (EACRF). Ku mabwiriza y’ubuyobozi bw’izo ngabo z’akarere, ingabo z’u Burundi zikora ubutumwa burimo: kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo, gutuma habaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu bwisanzure ku mihanda iri aho zishinzwe gukorera. Zikora ubutumwa bwazo zubaha bidasubirwaho manda y’Ingabo z’Akarere ka EAC.”

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi yatangaje ibi nyuma y’aho umutwe wa M23 wari wasohoye itangazo rishinja Ingabo z’u Burundi zoherejwe mu burasirazuba bwa Congo kuba zirimo gufatanya na FARDC, FDLR, Nyatura n’indi mitwe bikorana, mu bitero ikomeje kugabwaho mu bice bitandukanye.

Itangazo risoza ryemeza ko abasirikare b’u Burundi bakorera ahantu hose n’igihe cyose kinyamwuga, ngo ikaba ari imwe mu ndangagaciro z’ingenzi z’Igisirikare cy’u Burundi.

Kuri ubu Urugamba uko ruhagaze:

Mu makuru Minembwe Capital News, ifite yizewe n’uko muriyi mitwe ifasha ingabo za RDC kurwanya M23 umwe muriyo mitwe wa NDC-R aribo baraye muri Kitchanga bakaba bayobowe n’uwiyita Gen Guidon Shimiray. Aba barwanyi bageze aha bahunga.

Ibindi bice nka Kanyamahoro mubirometre bike n’u Mujyi wa Goma aha havuzwe abo mu mutwe wa M23 no mubindi bice bigize Buhumba mugihe Kibumba yo yamaze kugera mu maboko yabo mu mutwe wa M23.

By Bruce Bahanda.

Tariki 06/10/2023.

Tags: Urugamba M'uburasirazuba bwa RDC rukomeje kuzamo impaka naho M23 yo yakameje gufata ibindi bice
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

U Mujyi wa Kitchanga, wamaze kugera mu maboko ya basirikare ba M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?