Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu, yasezeranije umutwe wa Hamas ko ingabo ze zigiye gukora amateka azasigira Isi urwibutso kuri uyu mutwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 10, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mw’ijoro ryo kw’itariki 09/10/2023, Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangarije umutwe wa Hamas ko igisirikare ce kigiye gukoresha uburyo bushoboka ‘bagatsinsura’ uyu mutwe Burundu ugashiraho.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Yabivuze muriri joro ryakeye rishira kuri uyu wa Kabiri, ni ubwo yagezaga ijambo ku banya-Israel ryatambutse kuri Televiziyo y’iki gihugu.

Kuva ku wa Gatandatu w’i Cyumweru gishize Israel y’injiye mu ntambara aho yagabweho ibitero n’umutwe wa Hamas wo muri Palestine, nyuma yo kuyigabaho ibitero bikomeye.

Kuri ubu abanya-Israel babarirwa muri 900 bamaze gupfira muri iyo ntambara, barimo 260 bishwe na Hamas ubwo bari mukirori c’umuziki.

Palestine ku rundi ruhande na yo imaze gutakaza abaturage babarirwa muri 690, kuva Israel itangiye kuyigabaho ibitero byo kwihimura.

Netanyahu, ati: ” Umutwe wa Hamas wasabye intambara, rero ugiye kuyibona.”

Yavuze ko kuba Igisirikare cya Israel kimaze iminsi itatu kigaba ibitero mu ntara ya Gaza ari intangiriro, ashimangira ko ibyo Israel iteganya gukora mu minsi iri imbere “bizashegesha ibisekuruza bizaza.”

Netanyahu kandi yagereranyije Hamas n’umutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kiislamu (ISIS), ashimangira ko uko uyu mutwe watsinzwe ari na ko na Hamas izahanagurwa ku ikarita y’Isi.

Kugeza ubu hari abanya-Israel babarirwa muri za mirongo bashimuswe na Hamas, ndetse ubuyobozi bw’uyu mutwe bwatanze umuburo w’uko bushobora kubica.

Netanyahu yavuze ko Israel izakora buri kimwe ku bw’aba bantu cyo kimwe no ku bw’ababuriwe irengero.

Yavuze ko kandi ko iminsi iri imbere ari iminsi igoye ku gihugu cye, gusa ashimangira ko nk’abanya-Israel bafite intego yo gutsinda.

Gusa hari impungenge ko mu gihe isi ikirangariye ku biri kubera muri Israel na Palestine ishobora kuzajya kwigarura isanga Putin w’Uburusiya ageze kure umugambi we wo kwiyomekaho Ukraine.

Hari abasesenguzi bakurikiranira hafi ibikomeje kubera mu Burayi no mu burasirazuba bwo hagati babona ko kuba ibihugu bikomeye nka Amerika, Ubwongereza, Ubufaransa n’ibindi muri iyi minsi birangajwe no kwihorera kuri HAMAS bishobora guha Uburusiya icyuho cyo gucamo bukagera ku ntinzi mu ntambara bumazemo imyaka hafi ibiri (2) burwana na Ukraine.

Kuba biriya bihugu ari byo byafashaga Ukraine mu rugamba irwanamo n’Uburusiya none kuri ubu iyo nkunga ikaba yimukiye kuri Israel nibyo byazamuye izi mpungenge ko Putin nawe utaryamye ashobora guhita afatirana Ukraine.

Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi ku ntambara zibera mu isi (ISW) cyatangaje ko uburyo abafashaga Ukraine kuri ubu bose bimukiye ku gufasha Israel biteye impungenge cyane.

Iki kigo kinemeza ko bimwe mu bihugu byafashaga Ukraine kuri ubu biri gushyirwaho igitutu cyo gufasha Israel n’abantu bitwikira umutaka wo gutabara nyamara mu by’ukuri benshi muri bo ngo bakaba ari abasanzwe bashigikiye Uburusiya.

Hari n’abadatinya kwemeza ko kiriya gitero cya HAMAS kuri Israel cyaba cyari cyarizweho ku bufatanye na bamwe mu bantu ba hafi b’Uburusiya bagamije kurangaza Amerika kuko ari yo ifasha Ukraine ku rugamba.

Umusesenguzi mu bya gisirikare w’Uburusiya witwa Yuri Fedorov nawe yatangaje ko HAMAS ikigaba igitero kuri Israel perezida Vladimir Putin yahise ategeka ingabo ze gukurikiranira hafi ibikorwa by’ingabo z’ibihugu byose bigize umuryango wa NATO mu rwego rwo kumenya ahashobora kuboneka icyuho cyo gucamo bagatsinda Uburayi bwose.

Leta zunze Ubumwe z’Amerika zahise zitangaza ko zifatanyije na Israel ndetse kuri ubu zamaze no koherereza Israel ubwato bw’indege z’intambara bwo kwifashisha mu kwihorera kuri HAMAS ku birindiro byayo muri GAZA .

Amakimbirane ya Isiraheli na Palesitine yavutse mu mpera z’ikinyejana cya 19. Mu mwaka wa 1947.

By Bruce Bahanda.

Tariki 10/10/2023.

Tags: Benjamin NetanyahuHamasIDFIsiUrwibutso
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Imperuka y'Isi ngo twaba twamaze kuyinjiramo nimugihe Itorero rya Reverend Ntagawa Nowa ry'ibwe, naho Uganda Abashumba bahunze amakanisa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?