
Abasirikare b’u Burundi babarigwa 2000, ngo nibo bamaze gupfira mu mirwano imaze igihe ibera M’uburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo.
Mu Makuru Minemwe Capital News, dukesha bamwe mu basirikare ba FARDC, bahamije ayo makuru ko arukuri.
Bariya basirikare b’u Burundi batangiye kwinjira mu mirwano ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, FDLR na Wazando, zihanganyemo n’umutwe wa M23 ahagana muntangiriro z’Ukwezi kwa Cumi(10), uyu mwaka, nimugihe imirwaro yari yongeye kubura nyuma yamezi agera kuri atandatu ntamirwano ihuza M23 naziriya Ngabo za Kinshasa, gusa habaga ibitero bya Wazando mubirindiro by’uriya mutwe.
Nk’uko ay’amakuru twayahawe n’uko k’ubutaka bwa RDC, hamaze kugera i Batayo zo mungabo z’u Burundi zitandatu(6), ngohakaba hiteguwe kuza indi Batayo igira iya Karindwi (7), nk’uko twayahawe n’Abantu bizewe.
Batayo y’igisirikare c’u Burundi, igizwe n’Abasirikare magana atandatu(600) mugihe iy’igisirikare ca FARDC yo igizwe n’Abasirikare bari hagati ya 750 na 800.
Ay’amakuru yakomeje avuga ko abasirikare b’u Burundi, abenshi baguye muntambara ya Kitshanga aho ndetse byemejwe ko hanaguye Colonel Manirakiza Jean Pierre, wari usanzwe mungabo zo mu mutwe wa Task Force, akaba yarashinguwe kumunsi w’ejo, tariki 01/11/2023, ashinguriwe i Burundi.
Muri Kitshanga kandi twabwiwe ko haguye undi musirikare w’u Burundi, windwanyi, akaba yarabarizwa mungabo za EACRF, Colonel Haringaji.
Abandi basirikare b’u Burundi baguye muntambara iheruka mubice byomuri Groupemant ya Kibumba, tariki 28/10/2023, aho byavuzwe ko ariho ziriya Ngabo zahise zihatikirira ninshi.
K’ubutaka bwa RDC har’ingabo z’u Burundi z’ibarizwa mu mitwe ibiri izo muri Task Force zoherejwe kuri buriya butaka mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo kurwanya Inyeshamba zirwanya ubutegetsi bw’u Burundi naziriya zo mungabo zo muri EACRF ziri m’ubutumwa bw’amahoro M’uburasirazuba bwa RDC, murwego rw’u muryango wa EAC.
Amakuru avugako ko abenshi muri aba basirikare b’u Burundi, bakuwe muri Kivu y’Amajy’epfo, boherezwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bambitswe imyambaro y’igisikare ca RDC kugira ngo bafashe igisirikare ca leta ya Kinshasa guhangana n’umutwe wa M23.
By Bruce Bahanda.