
Uruby’iruko rwabo mu bwoko Bahutu ruyobowe nu witwa Mugiraneza, basabye inteko y’Abadepite mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ko Intara yabo boyigabura ikaba igihugu cy’igenga.
Ni urwandiko rw’anditswe na komite yaru ruriya r’ubyiruko aho basabye abadepite bo muriyo Ntara ko Intara yabo yogaburwa mbere y’uko Amatora aba ateganijwe kuba tariki ya 20/12/2023. Ibi byanatangajwe n’a Radio ijwi ry’Amerika ivuga mu rurimi rw’igiswahili.
Muri urwo rwandiko bagaragaje ibi: “Turashaka ko Intara yacu igaburwa ikukira ikaba igihugu mbere y’uko Amatora aba. Turashaka ubuyobozi bwegereye abaturage.”
Bakomeje bagira bati: “Intambara yanze gushira ntinateze no kurangira rero ni twikukira igihugu kizatekana.”
Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, n’intara iherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokorasi ya Congo, ikaba ipakanye n’igihugu c’u Rwanda na Uganda ndetse na Kivu y’Amajy’epfo.
Ibi bibaye mugihe ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo FARDC baraye bakozanijeho n’itsinda rya Wazalendo abo leta yahaye imbunda ngo ba bafashe kurwanya M23.
Iriya mirwano yaraye ibereye muduce twa Burera na Katoyi ndetse no mutundi duce twuyu Mujyi wa Goma. Ni mugihe abaturage baturiye i Goma bagize igihe bafite ubwoba bwuko M23 yoba ishaka kwigarurira uwo Mujyi.
Iriya mirwano yabaye mw’ijoro ryo kuri uyu wo ku Cyumweru, rishira kuri uyu wa Mbere, tariki 27/11/2023. N’imirwano y’umvikanye mo imbunda ziremereye n’izito. Byavuzwe ko abaturage benshi kugeza ubu bagifite ubwoba nimugihe abenshi baraye mu bihuru.
Bruce Bahanda.
Fardc yapfuyiki na wazalendo bayo?