
Idini rya Kiliziya Katolika mu Rwanda, rya vuguruje i biheruka gutangazwa n’umukuru w’iri dini rya Katolika kw’Isi, Papa Francis, aho aheruka guha ibwiriza rikomeye abapadili, ryo guheza umugisha cyangwa se gushingira abubakanye bahuje ibitsina(LGBT).
Mu itangazo ryashizwe hanze n’Abepisikopi bo mw’idini rya Kiliziya Katolika mu Rwanda, rimenyesha abo bireba bose bagize ririya dini rya Kiliziya Katolika, ko inyigisho za Kiliziya ku “Gushingirwa gikirisitu zitahindutse.”
Ubu buryo ni ubuvuguruza ibikubiye mu rwandiko rwiswe “Fiducia supplicants, bivuze ukwizera kwambaza Imana ),” byatangajwe n’ibiro bya Papa Francis, tariki 18/12/2023. Ibi byazanye Impaka nimugihe uriya Mugisha wari ugenewe umugore n’umugabo bagiye ku bakana nk’u Mugabo n’umugore we. Ariko kubwa Papa uyu Mugisha ukaba yarawugeneye abubakana bahuje ibitsina LGBT ndetse kandi awugenera n’umugabo n’umugore babana mu buryo butemewe na mategeko.
Kiliziya yo mu Rwanda yo ikaba yatangaje ko “idashobora guha umugisha ababana basangiye ibitsina ngo kuko byaba bije bivuguruza ijambo ry’Imana n’umuco wa kimuntu.
Iriya Nama kandi y’Abepesikopi, yatangaje ko guha umugisha umugore n’umugabo babana muburyo butemewe na Kiliziya bidakwiye kwitiranywa n’isakaramentu ryo Gushingurwa.
Bruce Bahanda.

