Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U butegetsi bwa perezida Paul Kagame, bwerekanye uko buhagaze nyuma y’uko leta ya Kinshasa yongeye kugaragaza ko ishaka gutera u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 19, 2024
in Regional Politics
0
U butegetsi bwa perezida Paul Kagame, bwerekanye uko buhagaze nyuma y’uko leta ya Kinshasa yongeye kugaragaza ko ishaka gutera u Rwanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubutegetsi bwa Repubulika y’u Rwanda bwerekanye uko buhagaze nyuma y’uko RDC igaragaje ko ishaka kurutera no gukomeza imikoranire yabo na FDLR.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Ni bikubiye mu itangazo Guverinoma y’u Rwanda yashize hanze mu ijoro ryakeye rishira kuri uyu wa Mbere tariki ya 19/02/2024, binyuze muri minisiteri y’ubanye n’amahanga n’u butwererane.

Iri tangazo rivuga ko u Rwanda rutewe impungenge bikomeye no kurenga ku myanzuro ya Luanda na Nairobi bikorwa na leta ya Kinshasa, ndetse n’ibindi b’ihugu bikomeje gutera inkunga mu buryo bwa gisirikare bafasha ingabo z’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rikomeza rivuga ko ibi bitero bigamije kwirukana abagize umutwe wa M23, ndetse n’abasivile b’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda (Tutsi) mu gihugu cyabo, bakerekeza iyu buhingiro.

U Rwanda rukomeza ruvuga ko ibi bitero biri kugabwa muri Kivu y’Amajyaruguru, bikorwa n’abasirikare ba Repubulika ya demokarasi ya Congo ku bufatanye n’umutwe wa FDLR, urimo abasize bakoze Genocide mu Rwanda mu 1994.

Muri iryo tangazo u Rwanda rukavuga kandi ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwa naniwe ku bungabunga uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, bikaba byaratumye aba barirwa mu bihumbi bamaze imyaka myinshi ari impunzi mu Bihugu byo muri Afrika y’iburasirazuba, ndetse ko basa nka bibagiranye.

U Rwanda ruvuga ruti: “FDLR yamaze kwinjizwa byuzuye mu gisirikare cya FARDC nk’uko byakomeje gusubirwamo n’inyandiko z’i mpuguke z’itsinda rya L’ONI.

Leta ya perezida Paul Kagame w’u Rwanda, ivuga ko umutekano w’u Rwanda ugenda ujya mu kaga, bityo ko iki kibazo cya M23 kigomba gukemuka vuba mu nzira za politike bikozwe n’u butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

U Rwanda ruti: “Nta bwo iki kibazo bizemerwa ko cyegekwa hanze ngo kigere ku Rwanda.”

U butegetsi bw’u Rwanda bukomeza bugira buti: “Inzego z’u buyobozi n’iza politike za RDC, zirimo na perezida Félix Tshisekedi, basubiyemo kenshi ko bifuza gutera u Rwanda bagahindura Guverinoma yarwo hakoreshejwe imbaraga za gisirikare. U Rwanda rwa bifashe nk’i bikomeye kandi rugira nicyo rukora . Muri byo bashize ho ingamba zo kurinda umutekano wo mu kirere n’ubusugire bw’u butaka bw’u Rwanda, no kuburizamo icya hungabanya umutekano kinyuze mu kirere, nyuma y’uko habayeho igitero cya za drone z’inshinwa zo mu bwoko bwa CH-4 zigisirikare cya RDC kuva mu mwaka w’ 2023, ndetse no kuvogera ikirere cy’u Rwanda bya kozwe n’indege z’intambara zigisirikare cya RDC ( FARDC).”

Itangazo ry’u Rwanda rigasoza rivuga ko itangazo rya shizwe hanze na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ryo ku itariki ya 17/02/2024 ko rigaragaza ku irengangiza gukomeye ku ibyakozwe na Congo, ndetse bakaba bavuguruza ingamba zafashwe n’umuyobozi w’urwego rw’u batasi bwa Amerika mu kwezi kwa Cumi numwe mu mwaka w’2023 ndetse ubwo uwo muyobozi yagendereraga u Rwanda, yagaragarijwe ukuri ko nta basirikare b’u Rwanda bari k’u butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. U Rwanda rusaba ko Guverinoma ya leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yatanga ibisobanuro bwi mbitse kuri icyo kibazo; rwa boneyeho kandi kwibutsa iki gihugu ko mu kwezi kwa Cumi nabiri 2001 cyashize umutwe wa ALIR waje guhinduka FDLR, ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, ariko ukaba ukomeje gukorana n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

MCN.

Tags: Bwerekanye uko buhagazeNyuma y'uko leta ya Kinshasa yongeye kugaragaza ko ishaka gutera u RwandaPaul KagameU Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
I Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bazindukiye mu myigaragabyo yo kwa magana ibihugu byo mu Burayi na Amerika.

I Goma, mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, bazindukiye mu myigaragabyo yo kwa magana ibihugu byo mu Burayi na Amerika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?