Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yasabwe Kubahiriza amasezerano ya Luanda n’aya Nairobi hagamijwe ko amahoro agaruka mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.
Ni mu kiganiro cya perezida Félix Tshisekedi na Salva Kiir Mayardit, perezida wa Sudan y’Epfo akaba n’umuyobozi mukuru w’u muryango w’Afrika y’iburasirazuba (EAC).
Ahagana isaha z’umugoroba zokuri uy’u wo ku Cyumweru, tariki ya 24/03/2024, n’ibwo Salva Kiir Mayardit yakiriwe na Tshisekedi i Kinshasa k’umurwa mukuru w’i Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili ya kiriwe na minisitiri w’intebe Michel Sama Lukonde.
Ibiganiro bya bakuru bombi byibanze uko amahoro n’umutekano byo garuka mu Burasirazuba bw’icyo gihugu cya RDC.
Ukuriye ibiro by’u mukuru w’igihugu cya RDC, Lily Adhieu Martin yatangaje ko umukuru w’u muryango w’Afrika y’iburasirazuba, ashigikira ko ibihugu byabana ariko hakirindwa ubushotoranyi no kubaha imipaka ihuza ibihugu.”
Yatangaje kandi ko abakuru b’ibihugu bombi Kiir na Tshisekedi ko baganiriye ku cyakorwa kugira ngo amasezerano ya Nairobi na Luanda y’ubahirizwe no kurebera hamwe icyo kogwa kugira umwuka mubi uri hagati ya RDC n’u Rwanda ushiraho burundu.”
Mu kwezi kwa Kabiri uyu mwaka turimo Salva Kiir Mayardit yageze i Kinshasa, mbere y’uko yari yabanjye kuja i Burundi na Kigali, m’urwego rwo kurebera hamwe uko ibihugu byose bivuga rumwe maze amahoro n’umutekano bikagaruka mu karere.
Biteganijwe ko Salva Kiir ava i Kinshasa yerekeza muri Angola ku ganira na perezida João Lourenço umuhuza wagenwe n’umuryango w’ubumwe bw’Afrika ku makimbirane y’u Rwanda na Congo Kinshasa.
MCN.