Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 9, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye amakuru ataravuzwe ku gitero perezida Félix Tshisekedi yateguye ku Rwanda, M23 ikiburizamo.

You might also like

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Amakuru avuga ko perezida Félix Tshisekedi yateguye gutera u Rwanda mu mpera z’u mwaka w’ 2021 ubwo yakusanyaga abasirikare bakuru mu ngabo ze, ababaza icyakorwa kugira ngo azamure igikundiro muri rubanda, ni mu gihe yari agiye kwinjira mu mwaka umuganisha gutegura amatora.

Ay’amakuru anavuga ko ubwo yahuraga n’aba basirikare ndetse no mu zindi nzego nk’uru z’igihugu bari bamwijeje gufata u Rwanda mu gihe kitageze ku mezi atanu, ndetse byibura ibice bimwe na bimwe by’u Rwanda bikaba byamaze gufatwa mu gihe rwarimo rwakira inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo muri Commonwealth (Chogm).

Muri icyo gihe ingabo zari mu Burasirazuba bwa RDC zahise zongerwa, hagurwa n’ibikoresho bishya zigomba kwifashisha.

Umuvugizi w’ungirije wa leta y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yatanze muri icyo gihe ku kinyamakuru cya IGIHE yavuze ko ingabo 15,000 ari zo Tshisekedi yari yahaye misiyo yo gutera u Rwanda.

Yagize ati: “Ni ukuri, hariya ku mupaka hari ingabo hafi ibihumbi 15. Ntabwo ari ibanga icyo gitekerezo cyari gihari, ni nayo mpamvu wenda imirwano ikomeza. Wenda icyo cyizere kiracyahari.”

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa uyu mugambi, RDC yahise itangira kwegera indi mitwe y’itwaje intwaro ibarizwa mu Burasirazuba bwa RDC iherereye kuri FDLR, Maï Maï Nyatura n’indi, ihabwa ibikoresho birimo imbunda n’amasasu n’imyambaro y’igisirikare.

Rero mu kiganiro Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23 aheruka kugirana na BWIZA TV, ari nacyo dukesha iy’inkuru, yahishuye ko uwari wahawe misiyo yo gutera u Rwanda ari Major Gen Peter Cirimwami Nkuba, usanzwe ari Guverineri w’i Ntara ya Kivu Yaruguru.

Kazarama yasobanuye ko uyu musirikare Peter Cirimwami yabaye umutoni ukomeye kuri perezida Félix Tshisekedi nyuma y’uko amu meneye amabanga ya Joseph Kabila wahoze ari perezida wa RDC.

Anamubwira ko kugira ngo umugambi wo gutera u Rwanda ugererweho ari uko biyambaza FDLR imaze igihe ikorana n’igisirikare cya FARDC.

Yagize ati: “Cirimwami yabwiye Tshisekedi ati ‘nziranye na FDLR nazikuzanya, na Wazalendo nayitabaza tukajya kurasa u Rwanda.’ Tshisekedi yaramubajije ati ‘mwabishobora’? Undi ati ‘yego.’ Cirimwami yaramubwiye ati ‘nimbikora muzampemba kuba Guverineri wa Kivu Yaruguru.”

Kazarama yakomeje avuga ko Gen Peter Cirimwami na brigade zitatu za FARDC na FDLR berekeje mu birunga bitegura kurasa u Rwanda, gusa bahurirayo na M23 yabarashe birangira umugambi upfubye.

Ati: “Yaraje n’ama brigade atatu, gusa Imana y’u Rwanda ntabwo ijya iryama. Nk’umusirikare narabirebye ndanabikurikira, bageze mu birunga hariya hejuru bakubitaniramo n’ingabo za M23 zari ziryamiye amajanja. Baza gutera u Rwanda icyo gihe hariho Chogam, baraza ngo baburizemo amahanga yose yekuza, kubera intambara. Bakubitanye n’ingabo za M23 zari mu mashyamba, ndetse Ingabo za FARDC zimwe zinafatwa matekwa.”

Colonel Kazarama yunzemo ko umugambi wa Fardc na Cirimwami wari uyoboye ibikorwa byayo bya gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru ukimara gupfuba ari bwo ingabo za RDC zatangiye kugenda zirasa ibisasu mu kinigi ho mu karere ka Musanze.

Uyu musirikare avuga ko kuba Tshisekedi yarapanze gutera u Rwanda byatewe n’ibihugu bikomeye byamusabye gushwana na rwo, kuko ngo byabonaga inyungu bikura muri RDC bitazongera kuzibona kubera rwo.

Kiriya gitangaza makuru cyanavuze ko Tshisekedi ubwo yapangaga gutera u Rwanda yari yizeye umusaada w’imitwe ya P5 na Rud Urunana irwanya leta ya perezida Paul Kagame ndetse n’ubw’ibihugu bya Uganda n’u Burundi byari bimaze igihe bidacana uwaka n’u Rwanda, gusa iyo gahunda iza kwicwa n’uko u Rwanda rwahise rutangira kuzahura umubano warwo n’ibi bihugu, ruherereye kuri Uganda.

         MCN.
Tags: Amakuru ataravuzweKu gitero kitatangajweTshisekedi yari yateguye gutera u Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y'uko RDC iyitambitse imbere. Igihugu cy'u Rwanda cyikuye mu muryango wa CEEAC nyuma y'aho Repubulika ya demokarasi ya Congo ikibangamiye. Uyu mwanzuro u...

Read moreDetails

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w’ungutse andi maboko mashya.

Umutwe wa M23 ugize igihe ujegeza ubutegetsi bwa Kinshasa, w'ungutse andi maboko mashya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?