Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hagaragajwe uburyo bwa fasha abantu kwiteza imbere.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 21, 2024
in Uncategorized
0
Hagaragajwe uburyo bwa fasha abantu kwiteza imbere.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagaragajwe uburyo bwa fasha abantu kwiteza imbere.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Ubu ni uburyo bwa fasha abantu kwihutisha inzira yo kugera ku iterambere byihuse.

Icya mbere wa kwizigamira:

Ubukungu burubakwa, bugakusanywa, kandi bigakorwa binyuze mu bwizigame. Iyo uri umuntu uhora usesagura amafaranga yose ubonye, udashoboye gufata ayo ubonyeho ngo uyubakire umushinga runaka mu gihe kiri imbere, biba bigoye ko uzigera ugera ku nzozi zawe kuko nta buryo bwo kwizigamira.

Biba byiza kwishimisha, cyane ukiri muto, ukaba watembera ukamenya uko abandi babayeho. Gusa kubikora utizigamira ni ikintu gishobora kugushyira mu bibazo.

Bisaba kandi ko wiga ibintu byinshi:

Iyo ukiri muto, kenshi hari ubwo uba utazi ibyo ukunda, rimwe na rimwe ntunamenya ibyo ushaka kugeraho. Kimwe mu bishobora kugufasha ni ukwiga ibintu byinshi bishoboka, kandi ukabikora utavanguye kuko kimwe mu byo wize ari kiba gishobora kuzagufasha.

Niba ufite amahirwe yo kwiga imodoka wabikora, yaba ‘piano’ ntuyisubiza inyuma, gushushanya ukagerageza. Kugira ubumenyi ku bintu byinshi ni kimwe mu bintu bishobora kugufasha gutera imbere kuko bihuza n’abantu benshi, bigatuma wubahwa n’abandi bityo kubona inshuti nziza bikaba byakoroha, waba ushaka gukorana nabo ubucuruzi ubwo ukaba ubonye inzira yoroshye.

Ikindi n’uko mu bumenyi ufite ari naho kenshi uzakura ibyo uzakora, kandi ibyo bikaba byorosha mu gihe uzi ibintu byinshi kuko bituma ugira amahitamo menshi.

Koresha ikoranabuhanga:

Isi turi kuganamo ni ikoranabuhanga. Inzego zose watekereza zirimo ikoranabuhanga ari nayo mpamvu nawe udashobora gusigara inyuma muri uru rwego. Ni ingenzi kwihugura kuri iyi ngingo, ukamenya aho ikoranabuhanga rigeze, ukanareba niba hari umusaruro waribyaza.

Urebye nkubu ubwenge bw’ubukorano ni ikoranabuhanga rigezweho. Aho rero nku kiri muto, agomba kumenya ibyingenzi bijyanye naryo, byaba na ngombwa ukareba niba nawe utaribyaza umusaruro n’ubwenge.

Kwita kubuzima bwawe:

Igishoro cya mbere uzigera ugira mu buzima bwawe ni umubiri wawe, kandi kuwurinda ibiwangiriza nicyo kintu cyiza wakwikorera kurusha ibindi byose niyo mpamvu ari ingenzi kugenzura cyane ingano y’ibiyobwenge ukoresha, ibyaba ngombwa ukabireka burundu.

Ibi kandi bijanye no gukora siporo, kurya neza, kuruhuka bihagije n’ibindi byose biguha amahirwe yo kwita ku mubiri wawe. Kugira ubuzima bwiza, nicyo gishoro cya mbere gifite agaciro.

Gerageza kugira imishinga ukora:

Nta gihe na kimwe uzigera wicara ngo ubone ibintu byose biri ku murongo nk’uko ubishaka, nibinabaho ntibizamara igihe kinini. Niyo mpamvu ugomba guhora ugerageza ibintu bitandukanye, ugatinyuka ugashora imari, ukemera kwigira ku makosa ushobora gukora, mbega ukaba uri gukora ibintu, aho kuba wa muntu utegereza amezi menshi kugira ngo uzagire icyo wikorera.

Gusa aha ni ukwibuka ko atari ugukora ibije byose, ahubwo bisaba kwitegereza ukareba neza ibishobora gutanga umusaruro n’ibishoboka.

Ugomba kwakira inama z’abafite ubunararibonye:

Niba ukiri muto, hari amahirwe menshi ko utazi ibintu byinshi mu buzima kuko nyine ukiri muto. Ni ngombwa rero kwitoza kwiga, kandi ntiwige gusa ibijyanye n’ibyo ukora, ahubwo ukiga n’ibindi by’ingenzi mu buzima nk’imitekerereze y’abantu, uburyo bwo kuyobora abantu, uburyo bwo gukorana n’abandi n’ibindi bitandukanye.

Mu Isi ya ‘internet,’ ubu bumenyi ushobora kububona byoroshye binyuze mu bitabo, n’ibindi.

            MCN.
Tags: Ibyagufashyakwiteza imbere
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Muri Beni biyemeje ku rwana n’umutwe wa M23 ugize igihe warahubuye ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri Beni biyemeje ku rwana n'umutwe wa M23 ugize igihe warahubuye ubutegetsi bwa Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?