Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Elie Mpojeje wigeze gufatwa matekwa na Maï Maï yavuze uko yarokotse.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 7, 2024
in Uncategorized
0
Elie Mpojeje wigeze gufatwa matekwa na Maï Maï yavuze uko yarokotse.

oppo_2

60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Elie Mpojeje wigeze gufatwa matekwa na Maï Maï yavuze uko yarokotse.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Mu mwaka w’ 2022 nibwo Mpojeje uri mu kigero cy’imyaka 20 yafashwe matekwa n’inyeshamba zo mu mutwe wa Maï Maï Bishambuke zimufatiye aho yari mu Bibogobogo ariko aza gukizwa n’umugabo w’umupfulero.

Mu buhamya uyu musore w’u Munyamulenge ukiri muto yahaye Minembwe Capital News, yavuze ko yafashwe nyuma y’igitero gikomeye abarwanyi ba Maï Maï bari bagabye mu muhana wi wabo wa Nyagisozi ho muri Bibogobogo muri teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Nk’uko abivuga, nuko iki gitero cyagabwe mu muhana w’iwabo ahagana isaha z’u rukerera rwo ku itariki ya 13/10/2022, kandi ko nyuma y’uko batewe bahise bahungira mu bice byo mu Gatenga, aha akaba ari hagati ya Nyagisozi na Lweba.

Ubuhamya bwa Mpojeje bukomeza buvuga ko we n’abandi bahungu bane ba Banyamulenge, baje kwerekeza aho Inka zabo zari ziri kandi ko zari hafi muri iyi misozi yo kuri Nyagisozi ahari habereye imirwano. Akavuga ko bagiye igihe cya manywa nyuma y’uko amasasu yari amaze guhwama atakiriko avuga.

Bakigera muri izi nka nibwo baje kuraswa na Maï Maï birangira buri umwe kwari batanu umwe ahungiye ukwe undi ukwe.

Rero uyu musore Mpojeje aho yaje kwerekeza ahunga yaje gusangayo undi mugabo nawe w’u Munyamulenge wahunze wenyine ariko asanga baraziranye kuko nawe yari uwo muri uwo muhana wa Nyagisozi.

Nyuma Mpojeje n’uyu mugabo bahujwe no guhunga, baje gukomeza bahunga n’ubundi kugeza aho baguye mu gico cya Maï Maï.

Ati: “Twabuze amahitamo dukomeza kwiruka kugeza aho twaguye muri Maï Maï, ariko twayigezemo tuziko ari Abanyamulenge ba Twirwaneho.”

Yanavuze ko aba ba Maï Maï baje kubarekura ngo kumpamvu z’uko babonaga Mpojeje ari muto uwo mugabo nawe akaba yari umusinzi ariko ngo banyaga Mpojeje urukweto yari yambaye rushya rwa Bote na telefone nto yari afite iyi bita iya matushe.

Yagize ati: “Maï Maï yadufashe mbere umwe wo muribo yaravuze ngo aba nti tubica, kuko uyu n’umwana uyu wundi bari kumwe murabona kwari umusinzi. Mubareke bazicwe n’abandi batari twe. Ariko banambura urukweto rwanjye rushya bampa urundi rushaje banjyana na gatelefone narinfite gato.”

Ubu buhamya bwa Mpojeje busoza buvuga ko nyuma y’uko bari bamaze kurekurwa na Maï Maï yabafashe mbere, nanone kandi baje kongera gufatwa n’indi yarimo umuyobozi mukuru wabo, iyari yagabye igitero mu Muhana wa Nyagisozi, ariko uwo muyobozi wa Maï Maï akaba yari kumwe n’umpfurero wahoze uturanye n’ababyeyi ba Mpojeje witwa Mbayi.

Yagize ati: “Twaje kongera gufatwa kandi n’indi Maï Maï, ariko aha ho twari twamaze kuba ikinya kuko ubwoba bwari bwashize. Aba badufashe ubugira Kabiri bari benshi cyane ndetse bari kumwe n’umuyobozi wabo, ariko Imana zacu dusanga barimo umugabo w’umupfulero witwa Mbayi uwo niwe waje kuturokora.”

Mu kubarokora, Mpojeje yavuze ko uyu Mupfulero yabwiye ba Maï Maï ko uyu mwana w’umusore atazi ibyintambara kandi ko atarigera arwana, ndetse ko na mugenzi we ari umusinzi, bityo ko bagomba kwirinda kumena amaraso yinzirakarengane.

Iki gikorwa Maï Maï yakoze cyo gufata matekwa Abanyamulenge ikabarekura cyari ikintu kidasanzwe kuko ntibikunze kubaho.

Mu busanzwe inyeshamba zo mu mutwe wa Maï Maï zikunze kuvuga ko umunyamulenge ariwe mwanzi mukuru w’igihugu icyo bita icyabo mu gihe ari igihugu cyabo bose.

          MCN.
Tags: BibogobogoElie MpojejeMai MaiMatekwaYavuze uko yarokotse
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo za SADC zirwanirira leta ya Kinshasa zigiye guhabwa ubufasha bukaze.

Ingabo za SADC zirwanirira leta ya Kinshasa zigiye guhabwa ubufasha bukaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?