Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Tshilombo akomeje amacenga yo kwitwaza intambara arimo na M23 mu kugera ku byifuzo bye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 3, 2024
in Uncategorized
0
Perezida Tshilombo akomeje amacenga yo kwitwaza intambara arimo na M23 mu kugera ku byifuzo bye.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshilombo akomeje amacenga yo kwitwaza intambara arimo na M23 mu kugera ku byifuzo bye.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, ari gutegura gahoro gahoro kwiyongeza manda binyuze mu kuvugurura itegeko nshinga, yitwaje ingamba z’igihe kirekire zo kurwana intambara ibera mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Uyu muteguro perezida Félix Tshisekedi arimo yatangiye kuwugaragaza mu ihuriro rya union sacrée rihuza amashyaka arimo UDPS riri ku butegetsi muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo. Mu ntangiriro z’uyu mwaka nibwo yatangiye kuwuvuga.

Ahagana tariki ya 1/05/2024, ubwo perezida Félix Tshisekedi yari i Paris mu Bufaransa, Abanyekongo baba muri iki gihugu basabye uyu mukuru w’igihugu kugira icyo avuga kuri iki gikorwa yari yaratangiye cyo kuvugurura itegeko nshinga.

Ariko ubwo yarimo abivugaho yashatse kwerekana ko we adashaka ko iryo tegeko nshinga ritavugururwa, yagize ati: “Ntabwo ari njyewe wahindura itegeko nshinga. Kurihindura hari inzira bicamo. Abantu, binyuze mu babahagarariye ni bo babisaba. Ntimungire umunyagitugu.”

Iki kibazo perezida Félix Tshisekedi yongeye ku kibazwa tariki ya 3/05/2024 ubwo yari i Bruxelles mu Bubiligi, asubiza ko agiye gushyiraho komisiyo yo ku rwego rw’igihugu, yiga ku buryo hashyirwaho itegeko nshinga ribereye igihugu cyacu.

Ibi byatumye Tshisekedi abantu batekereza ko wa mugambi wo guhindura itegeko nshinga ryo ku wa 18/2/2006. Iri tegeko ryemerera perezida wa RDC kuyobora manda zibiri gusa.

Abo mu ishyaka UDPS bagaragaje ko mu gihe Tshisekedi ataguma ku butegetsi, haba hari ibyago by’uko imbaraga yashyize mu rugamba rwo kurwanya umutwe wa M23 zagabanyuka, M23 ikaba yagumana ibice yafashe muri Kivu Yaruguru.

Umwe mu Banye-kongo w’umyapolitiki usanzwe ayobora umuryango wa ASADHO, yemeje ko UDPS yamaze gutegura umushinga wo kuvugurura itegeko nshinga, hagamijwe kongera manda za Tshisekedi. Avuga ko ari umugambi abona ko udakwiye ku muyobozi wananiwe gukemura ibibazo bikomeye bibangamiye igihugu.

Yagize ati: “Ni gute Abanyakongo bakwemera guha imyaka myinshi y’ubuyobozi umuntu wananiwe kubemeza mu myaka itanu! Kubyemera byaba ari ugutamba ahazaza h’igihugu n’Abanyekongo. Uyu muyobozi ntabwo afite ubushobozi bwo gukemura ibibangamiye Congo.”

Ikindi n’uko uwitwa Omelanga yagaragaje ko perezida Félix Tshisekedi yakabaye ashyira mu bikorwa gahunda za Guverinoma mbere yo gutekereza ku kuvugurura itegeko nshinga.

Kimweho, umunyamabanga mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya , usanzwe ari umuntu wa hafi ya Tshisekedi, kuri uyu wa Kabiri w’iki Cyumweru turimo, yatangaje ko itegeko nshinga rya RDC ririmo icyuho, bityo ko rikwiye kuvugururwa.

Yagize ati: “Urebye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Bufaransa, iyo bavuguruye itegeko nshinga ryabo, nta kibazo kihaba. Kubera iki hano abantu babyanga? Ntekereza ko abanyapolitiki bose ba nyabo badakwiye kubirwanya.”

Perezida Félix Tshisekedi yatangiye kuyobora RDC kuva mu 2019 ubwo yasimburaga Joseph Kabila. Biteganijwe ko manda ye ya nyuma izarangira mu 2028.

            MCN.
Tags: AmacengaTshisekedi Tshilombo
Share31Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe impamvu ubwato bwarohamiye mu bice biri hafi n’umujyi wa Goma.

Havuzwe impamvu ubwato bwarohamiye mu bice biri hafi n'umujyi wa Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?