Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyuma ya perezida w’u Burundi undi muyobozi wo hejuru muri iki gihugu yahishyuye ibindi bikaze.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 12, 2024
in Uncategorized
0
Nyuma ya perezida w’u Burundi undi muyobozi wo hejuru muri iki gihugu yahishyuye ibindi bikaze.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma ya perezida w’u Burundi undi muyobozi wo hejuru muri iki gihugu yahishyuye ibindi bikaze.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Ni umuvugizi w’umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Rosine Guilene Gatoni, aho yakoresheje urubuga rwe rwa x agaragaza ko igihugu cy’u Burundi ari “Umurima w’Imana.” Ndetse ashyira n’amashusho hanze yabimwe mu bihingwa, avuga ko nta handi byera cyane ku Isi atari mu gihugu cyabo, ariko ibi ntibyari ukuri kuko ayo mashusho yerekanye yafatiwe mu bindi bihugu bitari mu Burundi.

Mu busanzwe Abarundi bari bamenyereye imvugo za perezida Evariste Ndayishimiye, kuko mu minsi ishize yagiye avuga ibintu bitandukanye akabigaragaza nk’aho aba yabihishyuriwe. Hari ubwo yavuze ko “ubwato bwa Nowa” uwo dusanga muri Bibiliya, avuga ko bw’u bakiwe i Burundi ahitwa mu Giheta, ngo haza kuza umwuzure urimo umuyaga mwinshi, birangira bwa bwato cya gihuhusi ki bujanye muri Israel, maze ngo abari muri bwo bwato batangira kwitiranya inzuzi zo mu Burundi n’izo muri Israel.

Yaje kandi kongera kuvuga ko “Edeni ivugwa mu gitabo cy’Itangiriro cyo muri Bibiliya iri mu Burundi” ariko agaragaza ko impamvu abantu batabimenya ngo n’uko Imana yazanye abamalayika kuyirinda, bityo abantu bagasa na bahumye amaso ntibamenye ukuri kwabyo.

Yagize ati: “Edeni mwumva ivugwa muri Bibiriya ni igihugu cy’u Burundi, ariko impamvu abantu batabimenya n’uko Imana yayishyizemo abamalayika bo ku yirinda. Babahuma amaso ntimuhishyurirwe ukuri.”

Ni muri ubwo buryo umuvugizi wa perezida Evariste Ndayishimiye, Rosine Guilene Gatoni nawe tariki ya 10/10/2024 yakoresheje urubuga rwa x rwahoze rwitwa Twitter avuga ko u Burundi ari “Umurima w’Imana.” Igitangaje afata amashusho y’ibihingwa bine byafatiwe mu bindi bihugu agaragaza ko ari myaka yerera i Burundi, agerekaho n’ijambo rivuga ko nta handi wabisanga ku Isi usibye muri iki gihugu cyabo cy’u Burundi.

Ibyo Rosine Guilene Gatoni yagaragaje byose nta nakimwe amashusho yacyo yafatiwe mu Burundi, kuko ifoto ya mbere y’abagabo bateruye umwumbati ubasumba yafatiwe muri Kenya. Yashyizwe hanze n’umunyamakuru wo muri iki gihugu cya Kenya witwa Wavinya Mwiitu wa Muthiani, ibyo yabikoze tariki ya 12/09/2024.

Ifoto ya kabiri y’umugabo ufite imyumbati ine imusumba yafatiwe muri Tanzania. Yashyizwe hanze n’urubuga rwa New Afrika, tariki ya 1/11/2024.

Ifoto ya gatatu igaragaza Umurima wera ibihaza yafatiwe muri Malawi yashyizwe hanze n’uwitwa Brenda Sibeene, ahagana tariki ya 15/06/2024 nibwo ya yishyize hanze, icyo gihe yanatangaje ko Malawi kwari cyo gihugu cya mbere ku Isi cyera ibihaza byinshi kandi ko ku mwaka cyera amatoni agera kuri 428.724.

Urubuga rwa Pacifique Nininahazwe dukesha iy’inkuru, rwatangaje rugira ruti: “Ni iki gishobora gutuma umuvugizi wa perezida w’u Burundi abesha beneka kageni? Ubwo yageraga muri Edeini ya Ndayishimiye, ntiyahahuriye na Kayini ahitamo ku mubesha? Hari ahandi yabajije ati: “Buriya muri Ntare House n’inde uhishurirwa cyane kuruta undi?

Tubibutsa ko “Ntare House” ari perezidansi y’umukuru w’igihugu cy’u Burundi, iyo benshi bazi nka Ntare Rushatsi.

               MCN.
Tags: BurundiEdeniUndi muyoboziYahishuriwe
Share39Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Guhohotera Abanyamulenge bikomeje gufata indi ntera muri Kivu y’Amajy’epfo.

Guhohotera Abanyamulenge bikomeje gufata indi ntera muri Kivu y'Amajy'epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?