Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Umusaza uri mu barwanye intambara nyinshi i Mulenge yitabye Imana.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 31, 2024
in History
0
Umusaza uri mu barwanye intambara nyinshi i Mulenge yitabye Imana.
98
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umusaza uri mu barwanye intambara nyinshi i Mulenge yitabye Imana.

You might also like

Ubushakashatsi bwagaragaje ko hari abantu badashobora kwandura virusi itera sida.

YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo.

Kabila yababajwe n’urupfu rwa Gen.Sikatende agira n’icyo aruvugaho.

Binagana Ndangamyambi, uzwi mubarwaniriye i Mulenge kuva kera, ahar’ejo yitabye Imana azize uburwayi.

Ahagana mu mwaka w’ 1984 nibwo Ndangamyambi yinjiye mu itsinda ry’Abagiriye, abari barahawe imbunda na perezida Mobutu kugira barwanirire Abanyamulenge n’akarere kose muri rusange, ni mu gihe muri icyo gihe hari umutwe witwaje imbunda wiyitaga Mayi Mayi Mulele warwanyaga ubutegetsi bwariho ukanyaga n’inka z’Abanyamulenge ndetse ukanabica.

Yarwaniriye Abanyamulenge bo mu bice bitandukanye by’i Mulenge, kuva icyo gihe kugeza muri uyu mwaka w’ 2024.

Uyu mugabo azwi nk’imwe mu nkingi zafunze irembo rya Bicyumbi, aho nimubice bihanamiye umuhana wa Kalingi na Bidegu ho muri Minembwe, kuko niwe wabaga ayoboye Twirwaneho yahoraga yiteguye kurwanya Maï Maï yabaga ije kunyaga Inka z’Abanyamulenge inyuze muri iy’inzira ya Bicumbi. Iri rembo yatangiye kurirwanamo kuva mu mwaka w’ 1999 kugeza ubu mu minsi ishize vuba.

Umwe wo mu muryango wa nyakwigendera, yahaye MCN ubuhamya, agira ati: “Mu mpera z’u kwezi kwa Karindwi, uyu mwaka nibwo nyakwigendera yagejejwe mu bitaro by’i Bujumbura mu Burundi. Agifatwa n’iyindwara twari tuzi ko ari igifu (Estomac), ariko mu bitaro by’i Bujumbura bamubwiye ko ari canser yo muri Estomac.”

Yakomeje agira ati: “Uyu musaza ntako atagize yarwaniriye Abanyamulenge, n’ubu yaragikorana na Twirwaneho mu Kalingi. Ubutwari bwe turabuzi cyane, kandi ntitwabuvuga ngo tuburangize. Ibijyanye n’intambara yarwanye mu Minembwe zirazwi zose.”

Ku mugoroba w’ejo hashize, itariki ya 30/10/2024, nibwo Mzee Ndangamyambi yarangirije mu bitaro by’i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi.
Ndangamyambi wapfuye yari mwene Sebihunga.

Tags: ImulengeNdangamyambi
Share39Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ubushakashatsi bwagaragaje ko hari abantu badashobora kwandura virusi itera sida.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Ubushakashatsi bwagaragaje ko hari abantu badashobora kwandura virusi itera sida.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko hari abantu badashobora kwandura virusi itera sida. Mu gihe isi yose imaze imyaka isaga 40 ihanganye n'icyorezo cya sida, hari abantu bake cyane bafite ubushobozi...

Read moreDetails

YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo.

YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo. Felix Ntezeyombi wafunguye YouTube Chanel nshya iyo yahaye izina rya CNTR (Congo nshya Tv and radio), ni Umunyamulenge washatse kugira umusanzu...

Read moreDetails

Kabila yababajwe n’urupfu rwa Gen.Sikatende agira n’icyo aruvugaho.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Kabila yababajwe n'urupfu rwa Gen.Sikatende agira n'icyo aruvugaho. Joseph Kabila Kabange wabaye umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yashenguwe n'urupfu rwa general Sikatende uheruka gupfira muri...

Read moreDetails

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe. General Sikatende Dieudonne wari uzwi cyane ku izina rya Mutupeke munyeshyamba za Mai Mai i Lulenge muri teritware ya Fizi mu...

Read moreDetails

Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

Umukozi w'Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde? Pasiteri Antoine Rutayisire ni umwe mu bakozi b'Imana bamenyekanye cyane mu Rwanda no mu karere, azwi cyane...

Read moreDetails
Next Post
Amerika: Trump ubwo yari mu modoka itwara ibishingwe, yatangaje amagambo akaze.

Amerika: Trump ubwo yari mu modoka itwara ibishingwe, yatangaje amagambo akaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?