Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Zimwe mu ngaruka ibitero bya FARDC byagize ku baturage mu Minembwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 31, 2024
in Uncategorized
0
Zimwe mu ngaruka ibitero bya FARDC byagize ku baturage mu Minembwe.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Zimwe mu ngaruka ibitero bya FARDC byagize ku baturage mu Minembwe.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Bikubiye mu butumwa umuturage uherereye mu Minembwe yahaye Minembwe.com aho yavuze ko intambara ingabo za Congo zashoye ku baturage ba Banyamulenge mu Minembwe yabagizeho ingaruka, ngo kuko bari kurwara ibirwara bitari bimenyerewe muri aka karere.

Uwatanze ubu butumwa yavuze ko ahar’ejo tariki ya 30/12/2024 yagerageje kuzenguruka mu baturage ba Minembwe, ahanini kubavuye mubyabo asanga hari indwara zirimo kubafata.

Yagize ati: “Ejo narazengurutse cyane nsanga iy’intambara ya FARDC ku baturage yazanye ikibazo kinini. Akenshi abantu bakuru bagize hypertension (umuvuduko w’amaraso) abandi bakagira hypotension, ibirimo gutuma bikanga bagahwera.”

Yakomeje agira ati: “Ku bana bato, nabonye bagize ibicurane byinshi cyane, mbona bishobora kuba biva ku mbeho bagize, kuko ntibaryama nk’uko bari bamenyereye.”

Usibye kuba abaturage baragabweho ibitero, FARDC yanakoresheje imbunda zidasanzwe kandi ikazirasira hagati mu mihana.

Hari nk’imbunda za Gateusha yarasiye ku Runundu. Yateye kandi amabomba mu mihana y’i Lundu, Lwiko, Kalingi no ku Runundu.

Ibi bikaba bitari bimenyerewe mu misozi miremire y’Imulenge,
ni mu gihe Maï-Maï yo, ibitero ikunze kugaba ku Banyamulenge kuva mu 2017, imbunda nini ikoresha ibarasaho ni Mashinigani(mag).

Ubutumwa bw’uriya muturage busoza busaba ubufasha ku baturage.

Ati: “Abakuwe mu byabo, bararushye cyane! Ntibagira ibyo barya, nta n’ibyo kwiyororasa. N’ibyo birwara nkeka ko ari aho biva.”

Ibi bitero bya FARDC kandi, byasize imihana y’abaturage isahuwe aho yasahuwe n’izi ngabo ziki gihugu; bimwe mu byasahuwe harimo ibiryo, ibikoresho byo mu mazu n’ibindi bintu.

Tags: HypertensionMinembwe
Share44Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku mupolisi wafunzwe mu Mikenke.

Ibyo wa menya ku mupolisi wafunzwe mu Mikenke.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?