Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
I Uvira Wazalendo benshi bitandukanyije na Leta biyunga kuri Twirwaneho.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.

You might also like

Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR.

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka.

Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza.

I Uvira muri Kivu y’Amajyepfo kuri ubu ahimuriwemo ibiro bikuru by’iyi ntara, nyuma yuko umurwa mukuru wayo ari wo i Bukavu ufashwe n’umutwe wa m23 mu kwezi gushize uyu mwaka, Abanyamulenge bahatuye bakorewe ihohoterwa rikomeye, ni mu gihe n’ubundi bari bahasanganwe umutekano muke uwo bategwa na Wazalendo.

Ahagana igihe c’isaha zibiri z’igitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21/03/2025, Wazalendo, hamwe n’ingabo z’u Burundi, iza Congo(Fardc) binjiye mu mazu y’Abanyamulenge i Uvira, bafata bamwe muri bo babajana ahataramenyekana kugeza ubu, abandi bagenda barekurirwa mu mayira atandukanye….

Minembwe Capital News yamenye ko ahanini abafashwe ni abatuye muri Quartier ya Nyamyanda, usibye ko hari n’abandi bafatiwe ahitwa Kibangu, aha hakaba hafatiwe umupolisi witwa Gady w’Umunyamulenge.

Mu gihe abafatiwe Nyamyanda abamaze kumenyekana barimo umusirikare wa Leta witwa Blaise ufite ipeti rya Major, ndetse barimo kandi n’undi witwa Kanyabu we ufite ipeti rya Captain.
Abarimo gufatwa bose akaba ari Abanyamulenge gusa.

Ubutumwa bugufi bwanditse Minembwe Capital News yahawe n’umwe wafashwe ariko nyuma akaza kurekurwa, bugaragaza ko uyu musako wakozwe na Wazalendo hamwe n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC, wari ugamije gufata abasirikare bo muri Leta bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bari muri aka gace.

Bugira buti: “Abajenesi bageze iwanjye basaka ahantu hose, ariko batubazaga niba nta musirikare uba hano, natwe tuvuga ko ntawe. Badutoritire uko bifuzaga kose, ariko Imana yaturinze naho batujanye baza kuturekura.”

Uyu waduhaye ubutumwa ariko kubw’umutekano we yanga ko amazina ye tuyashyira hanze, yavuze ko usibye kubahohotera bakabakubita banabambuye amafaranga n’ibirimo amatelefone n’ibindi, nk’uko yakomeje abivuga.

Iri hohoterwa ryakorewe Abanyamulenge i Uvira, rije rikurikira n’ubundi ko bari bafite umutekano muke, aho bazira kuba umutwe wa m23 warigaruriye umujyi wa Bukavu.

Ndetse amakuru avuga ko kuvaho i Bukavu hafashwe n’uyu mutwe wa m23, Abanyamulenge bari aha Uvira birinda gutemberera mu masoko n’ahandi hahurira abantu benshi mu rwego rwo kugira ngo birindire umutekano.
Ikibabaje uyu munsi basanze mu mazu yabo.

Mu minsi mike ishize hari ubutumwa bw’amajwi bwakomeje kunyuzwa kumbugankoranyambaga bwatangwaga na Wazalendo bari aha Uvira, bababwiraga ko bagiye kubica kandi ko bazabaziza m23.

Ibyo bibaye mu gihe ku wa gatatu tariki ya 19/03/2025, Wazalendo bavuye aha i Uvira bagaba igitero kuri m23 i Gatogota mu Kibaya cya Rusizi, maze abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 ukibavugutiramo umuti, ni mu gihe bagihuriyemo n’akaga ko kugipfiramo.

Amakuru avuga ko Wazalendo bagipfiriyemo babarirwa mu magana.

Kuri ubu Wazalendo bahagarariye ahitwa za Sange, n’ahandi hafi aho muri uyu muhanda uturuka i Uvira ugana muri Kamanyola.

Naho abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 bo bareba igice cyose cya Gatogota ndetse na Kamanyola.

Tags: AbanyamulengeGutotezaUviraWazalendo
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR.

by Bruce Bahanda
July 27, 2025
0
Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR.

Twirwaneho yagize icyo ivuga ku Burundi na FDLR. Umutwe wa Twirwaneho uyobowe na Freddy Kaniki Rukema, ukaba ukorera muri Kivu y'Amajyepfo, watangaje ko hari abarwanyi ba FDLR batorejwe...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka. Umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, ngo asigaranye kwegura cyangwa agahunga, bitaba ibyo agukurwa...

Read moreDetails

Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza.

Undi General uvuka muri Fizi yaguye muri gereza. Nyuma y'urupfu rwa General Shabani Sikatende uheruka kugwa muri gereza ya Ndolo i Kinshasa ku murwa mukuru wa Repubulika ya...

Read moreDetails

AFC/M23 yigaruriye agace k’ingenzi.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
FARDC, Ingabo z’u Burundi na Wazalendo zahondaguriwe i Mulenge.

AFC/M23 yigaruriye agace k'ibgenzi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryigaririye agace gaherereye muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n’umugenzi.

by Bruce Bahanda
July 26, 2025
0
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Perezida Tshisekedi ari kanga umuhisi n'umugenzi. Nyuma y'aho umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, aketse ko hari abasirikare bashaka ku muhirika k'u butegetsi, yahise...

Read moreDetails
Next Post
Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.

Ingabo z'u Burundi zahuye n'agasenyaguro ku muriro w'imbunda za m23 na Twirwaneho, mu misozi y'ahazwi nk'i Mulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?