Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Umwe mu miryango igize ubwoko bw’Abanyamulenge urakura ikiriyo cy’Intwari Col.Mukarayi uheruka kwitaba Imana.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 22, 2025
in History
0
Umwe mu miryango igize ubwoko bw’Abanyamulenge urakura ikiriyo cy’Intwari Col.Mukarayi uheruka kwitaba Imana.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu miryango igize ubwoko bw’Abanyamulenge urakura ikiriyo cy’Intwari Col.Mukarayi uheruka kwitaba Imana.

You might also like

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

I Nakivale muri Uganda umuryango wa Banyabyinshi bo mu bwoko bw’Abatutsi b’Abanye-Congo bahungiye muri iki gihugu cya Uganda bavuye muri Congo, barakura ikiriyo cy’iIntwari yabo Colonel Jaques Mukarayi wavukaga muri uyu muryango, yari umusirikare wa Leta y’i Kinshasa, akaba aheruka kwitaba Imana arashwe na Wazalendo.

Tariki ya 19/02/2025, ni bwo inkuru y’umubabaro yatangiye gucicibikana ku mbugankoranyambaga, ivuga ko Col. Mukarayi wari Intwari ikomeye ku bwoko bw’Abanyamulenge no kugihugu cyose muri rusange, yapfuye arasiwe i Bukavu.

Itangazo umuryango wa Banyabyinshi i Nakivale washize hanze kuva ejo ku wa gatanu, rimenyesha abagize uyu muryango n’inshuti zabo ko kuri uyu wa gatandatu tariki ya 22/03/2025, ukura ikiriyo cy’Intwari yabo Colonel Mukarayi, ndetse kandi ko bagisoreza hamwe n’abandi bapfanye nawe.

Rigira riti: “Umuryango wa Byinshi utuye i Nakivale uramenyesha abagize uyu muryango n’inshuti zabo yuko uzakura ikiriyo cy’abavandimwe babo bishwe bazira ubwoko. Ari bo Col.Mukurayi na Gisubizo.”

Ni tangazo kandi rivuga ko aba bombi bavuka mu nzu ya Rwamakombe. Rwamakombe akaba ari umwuzukuruza wa Byinshi uwo Abanyabyinshi bose bakomokaho. Byinshi nawe akaba ari mwene Bamara wabayeho umwami mu Rwanda mu kinyejana cya 13 ariko abamukomokaho bakaza kwerekeza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo muri Kivu y’Amajyepfo mu kinyejana cya 14.

Iri tangazo ry’umuryango wa Byinshi rikomeza rivuga ko uwo muhango uza kubera ku itorero rya New Leh, kandi ko uri butangire igihe c’isaha ya saa saba zamanywa yo kuri uyu wa gatandatu.

Nubwo iri tangazo ritagaragaza neza icyahitanye ubuzima bw’iyi ntwari, ariko ubwo inkuru y’urupfu rwayo yashirwaga hanze rugikubita, byavuzwe ko yarashwe n’abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro ikorana byahafi n’ingabo za Leta ya Congo, nubwo nawe yari ku ruhande rwa Leta.

Ubwo yapfaga, yapfanye n’abasirikare be babiri bamurindaga, kuko mbere yuko bariya Wazalendo bamurasa bari babanje kwica aba basirikare.

Mukarayi ni mwene Mushonda, bari batuye mu Marunde ho muri Mibunda ahaje gusenywa n’i bitero by’abarwanyi ba Mai-Mai byatangiye kugabwa ku Banyamulenge mu mwaka wa 2017.

Uyu musirikare amateka ye avuga ko yinjiriye igisirikare cy’inkotanyi i Nakivale muri Uganda mu 1990. Aha ni igihe inkotanyi zateguraga kuja kubohoza u Rwanda rwarimo ubw’icyanyi bwakorerwaga abo mu bwoko bw’Abatutsi b’Abanyarwanda.

Bivugwa ko icyo gihe Abanyamulenge benshi bavuye i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo binjira iki gisirikare cy’inkotanyi, mu rwego rwo kugira ngo batabare benewabo barimo bicwa bazira uko baremwe.

Abandi batabaranye n’iyi ntwari bavuye i Mulenge, barimo abitwa ba Nikola Kibinda, Gakunzi Sendoda, Col.Alexis Rugazura we ukiriho n’abandi benshi.

Iyi ntwari n’izindi nyinshi zatabarukiye kurugamba, tubifurije iruhuko ridashyira.

Tags: AbanyabyinshiCol.MukurayiGukura ikiriyo
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Mu gikombe cy'isi cy'amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump. Muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika hasojwe imikino y'igikombe cy'isi cy'amakipe, aho cyegukanywe na Chelsea inyagiye PSG ibitego 3...

Read moreDetails

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 9, 2025
0
Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge. Umusesenguzi akaba n'Umujyanama w'umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho, Kabare Girinka William, yavuze ko nta muntu...

Read moreDetails

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

by Bruce Bahanda
July 8, 2025
0
Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye. Abashinwa bavumbuye uburyo bushya bwo kuvura indwara ya Diyabete yo mu bwoko bwa kabiri, bakaba bashobora gusubiza ku murongo uturemangingo twitwa beta...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y'amabuye y'agaciro cyanditswe na Mundekeza. Dr.Justin Mundekeza uri mu Banye-Congo babagenzuzi babahanga ku bijyanye na politiki y'iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n'intambara ya 3 y'isi mu gihe yoramuka ibaye. Nyuma y'aho Isi ikomeje kugarizwa n'ubushyamirane bwa politiki n'intambara hirya no hino z'urudaca, benshi batekereza...

Read moreDetails
Next Post
Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy’indege cya Minembwe.

Umunsi ugira kane, FARDC n'abambari bayo bagaba ibitero ku Banyamulenge; icyo babivugaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?