• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ihuriro ry’ingabo za Congo ryongeye kugaba ibitero mu duce dutuwe n’Abanyamulenge.

minebwenews by minebwenews
April 14, 2025
in Conflict & Security
0
Minembwe Under Siege: Two Territories Attacked by FARDC, Mai Mai, FDLR
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ihuriro ry’ingabo za Congo ryongeye kugaba ibitero mu duce dutuwe n’Abanyamulenge.

You might also like

RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y’ibisasu yateye

AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi

Col.Ntagawa wari wahamagajwe igitaraganya yagarutse mu birindiro bye

Amakuru aturuka mu Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zongeye kugaba ibitero ahatuwe n’Abanyamulenge mu Minembwe.

Aya makuru avuga ko uduce two muri komine ya Minembwe twagabwemo ibyo bitero hari aka Bicumbi giherereye mu misozi yunamiye mu Kalingi, kakaba kari mu Burasizuba bwa Minembwe n’aka Kalongi kari mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe.

Ni bitero iri huriro ry’ingabo za Congo ryagabye igihe c’isaha z’igitondo cya kare cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 14/04/2025, nk’uko amakuru akomeza abivuga.

Ibi bice byagabwemo ibyo bitero, icya Gicumbi bizwi ko Abanyamulenge bagisuhuriramo Inka zabo, ndetse n’ubu cyagabwemo ibyo bitero mu gihe n’ubundi cyarimo ibiraro byazo, gusa ntazanyazwe. Naho kuri Kalongi ho hasanzwe hatuwe ingo z’aba Banyamulenge zibarirwa mu mirongo.

Minembwe Capital News yamenye ko nyuma y’aho ririya huriro ry’ingabo za Congo rigabye ibyo bitero muri turiya duce, Twirwaneho na M23 bihutiye gutabara abaturage badutuye, ubundi batanga isomo kuri Wazalendo, FDLR, Ingabo z’u Burundi n’iza Congo.

Byanatumye kiriya gitero cyari cyagabwe ahari ibiraro by’inka muri Bicumbi, gisubizwa inyuma nta nka kinyaze, hubwo ririya huriro ry’ingabo za Congo zakigabye ryahise rihungira ahitwa i Nguli ahatuwe n’Ababembe benshi.

Ubundi kandi uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 utanga irindi somo kubagabye igitero kuri Kalongi, ni mu gihe naho abakihagabye bahunze berekeza inzira ya Mutambara.

Kugeza ubu usibye abaturage bahunze bava mubyabo, ntabindi byangiritse biramenyekana.

Ibi bitero byagabwe utu munsi ku wa mbere, bije bikurikira ibindi bitatu iri huriro ry’ingabo za Congo riheruka kugaba mu nkengero za centre ya Minembwe mu cyumweru gishize. Harimo ibyo ryagabye mu Gahwela, kwa Sekaganda, Rugezi, Kivumu no mutundi duce duherereye hakurya y’uruzi runini rwa Rwiko uturutse mu Minembwe centre.

Ibi bitero byose, Twirwaneho na M23 bagiye babisubiza inyuma mu buhanga buhanitse.

Tags: BicumbiIbiteroIngabo za CongoKalongi
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y’ibisasu yateye

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y’ibisasu yateye

RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y'ibisasu yateye Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yagaragaje ubushake buke bwo kugirana amahoro n'ihuriro...

Read moreDetails

AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi

AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC/M23 binyuze ku muvugizi wayo wungirije, Oscar Barinda yasubije abavuga ko iri huriro rishaka...

Read moreDetails

Col.Ntagawa wari wahamagajwe igitaraganya yagarutse mu birindiro bye

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa wari wahamagajwe igitaraganya yagarutse mu birindiro bye Colonel Rubaba Ntagawa wahamagajwe igitaraganya na Komanda secteur i Baraka ahazwi nk'umurwa mukuru wa teritware ya Fizi mu ntara ya...

Read moreDetails

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe Amakuru aturuka i Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko havukiye...

Read moreDetails

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n'uwahoze ayoboye iki gihugu Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18, yahurije i Nairobi muri Kenya...

Read moreDetails
Next Post
Igitero cy’u Burusiya muri Ukraine cyaguyemo benshi.

Igitero cy'u Burusiya muri Ukraine cyaguyemo benshi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?