• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Wazalendo na FDLR baheruka guhunga mu Rugezi hamenyekanye ikibazo kibaremerereye.

minebwenews by minebwenews
April 22, 2025
in Conflict & Security
0
Wazalendo na FDLR baheruka guhunga mu Rugezi hamenyekanye ikibazo kibaremerereye.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Wazalendo na FDLR baheruka guhunga mu Rugezi hamenyekanye ikibazo kibaremerereye.

You might also like

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Amakuru ava mu misozi ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo avuga ko Wazalendo na FDLR baheruka guhunga bava mu Rugezi bagowe no kubona icyo baha abagore n’abana babo, nyuma yuko bahungiye mu mashyamba ari mu Rugezi.

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa kane uyu mwaka wa 2025, ni bwo umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bafashe igice cya Rugezi, nyuma y’aho bacyirukanyemo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa RDC.

Rugezi ni gice giherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe. Bizwi ko iki gice ko ari cyo cyari indiri ikomeye y’abarwanyi ba FDLR na Wazalendo kuva mu mwaka wa 2018.

Ndetse iki gice iri huriro ry’ingabo za Congo zacyifashishaga mu kugaba ibitero ku Banyamulenge bo mu Marango ya Minembwe no mu bindi bice biherereye mu nkengero za centre ya Minembwe, aho ni nka Gangala, Muriza n’ahandi.

Kuba rero iki gice iri huriro ry’ingabo za Congo zaracyifashishaga mu gusenyera Abanyamulenge no kunyaga Inka zabo, byatumye uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bagifata ubwo bagishoragamo urugamba rukomeye, urwo amakuru akomeza avuga ko rwaguyemo abasirikare benshi bo mu ruhande rwa Leta, bagwiriyemo ingabo z’u Burundi iza Congo na Wazalendo benshi.

Nyuma Wazalendo na FDLR bari muri iki gice, abafite abagore n’abana bahise berekeza mu ishyamba; Ingabo za FARDC n’iz’u Burundi zo zihunga zerekeza i Fizi ku i zone, ndetse izindi muri izo zihuruka i Baraka.

Aya makuru agaragaza ko muri bariya Wazalendo na FDLR bari bafite imiryango, muri bo hari n’abagabo bamwe babaga bafite nk’abagore batatu, n’abafite babiri, abandi umwe.

Hagaragajwe n’ikambi n’ini yubatse hagati mu ishyamba muri ibyo bice, aho ubutumwa bw’amashusho bwagiye hanze bwagaragazaga irimo abana n’abagore benshi, nubwo nta mubare nyawo wabashe gutangwa, ariko bivugwa ko bashobora kuba babarirwa mu magana.

Hari n’ubundi butumwa bwa video na bwo bwashyizwe hanze bugaragaza Wazalendo bari muri iyo nkambi bahetse n’imbunda zabo, ariko abana bari iruhande rwabo bavuza induru bataka n’inzara.

Umwe wo mu bwoko bw’Abafulero uherereye muri ibyo bice wahaye aya makuru Minembwe Capital News, yavuze ko izo mpuzi za Wazalendo na FDLR ko zibabaye cyane.

Yagize ati: “Impunzi za Wazalendo na FDLR ziri mu ishyamba iyo mu Rugezi zirababaye cyane. Zirifuza ko zabona uwabaha ibyokurya.”

Yongeyeho kandi ati: “Basigaje gato bakarimbukira rimwe, mu gihe bokomeza kubura ubufasha.”

Yanavuze ko kuri ubu zifashisha imbuto zo mu mashyamba n’ibindi bimera biribwa, ndetse ubundi ngo zikarya n’inyamanswa zo mu ishyamba.

Hagataho, imisozi ya Rugezi n’inkengero zayo zose, bigenzurwa na Twirwaneho na M23.

Ubundi kandi ibiro bya Komine ya Minembwe n’ahahoze ibigo bikomeye by’ingabo z’iki gihugu n’iz’u Burundi bigenzurwa n’iyi mitwe ibiri uwa Twirwaneho n’uwa M23.

Tags: FDLRIkambiRugeziWazalendo
Share47Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Ingabo z'u Burundi zahawe igisubizo nyuma y'aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke Nyuma y'aho Ingabo z'u Burundi zihaye umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera muri Kivu...

Read moreDetails

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Indege z'intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyateye ibisasu by'indege za Sukhoi-25 mu bice bituwe cyane byo muri teritware ya...

Read moreDetails

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Urusaku rw'imbunda z'irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n'impamvu yarwo Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ugenzurwa n'ihuriro ry'ingabo za Repubulika...

Read moreDetails

Conflict Monitoring Report: Burundian Military Expansion and the Security Situation in the Mulenge Highlands

by minebwenews
October 19, 2025
0
Burundian Soldiers in Tshisekedi’s Plan to Wipe Out the Banyamulenge

Background Recent developments in the highlands of Mulenge, South Kivu Province (eastern Democratic Republic of the Congo), reveal a growing presence of Burundian soldiers operating in collaboration with elements of the Congolese national army...

Read moreDetails

Menya uduce turenga 4 Ingabo z’u Burundi zashyinzemo ibirindiro mu Cyohagati

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

Menya uduce turenga 4 Ingabo z'u Burundi zashyinzemo ibirindiro mu Cyohagati Igice kizwi nko mu Cyohagati cyo mu misozi miremire y'i Mulenge mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo mu...

Read moreDetails
Next Post
Hagaragajwe ibibazo bigikomeje kuba ingorabahizi mu Minembwe nubwo bafite umutekano mwiza.

Hagaragajwe ibibazo bigikomeje kuba ingorabahizi mu Minembwe nubwo bafite umutekano mwiza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?