• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

minebwenews by minebwenews
May 16, 2025
in sport & entertainment
0
Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.
203
SHARES
5.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyimbitse kuri Marie ushinjwa gukora icyaha cyo kwica umuyobozi i Bukavu.

You might also like

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

Marie Bizimana ni umukobwa uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 25 na 20 y’amavuko, akaba mwene Major Bizimana umusirikare wa Leta y’i Kinshasa iyo Abanyamulenge batunga agatoki kuba ihorana umugambi wo kubarimbura; rero, Marie ni we ukekwaho kuba yarishe visi guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Juvenal Gasinzira, nyuma yuko ari yo misiyo yari yahawe, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ku wa mbere w’iki cyumweru turimo ni bwo i Bukavu havuye amakuru yabihiye abayoboke bose b’ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho, n’umuryango wa Gasinzira wose muri rusange.

Ni amakuru yavugaga ko Juvenal yaryamye bisanzwe mu ijoro ryo ku itariki ya 12/05/2025, bukeye bwaho basanga atakiri mu isi y’abazima yarangije.

Itangazo AFC kimwe kandi n’iryumuryango wa bugufi Gasinzira yavukagamo, bashyize hanze icyo gihe, ryavugaga ko yapfuye urupfu rutunguranye. Kandi ryihanganishaga abanyamuryango n’abayoboke biri huriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC). Nta kindi aya matangazo yombi yongeyemo.

Ariko ibi ntibyatumye hataguma kuvugwa andi makuru yo ku ruhande, aho yavugaga ko Marie ari we wishe guverineri wungirije, kandi ko yamwishe atumwe na Lt.Gen. Masunzu uyoboye zone ya gatatu y’ingabo za Congo. Bisanzwe bizwi ko uyu Masunzu Abanyamulenge bamushinja ku bicira abayobozi baba bageze mu rwego hejuru, kandi ko ibyo abikora kugira ngo ashimishe ubutegetsi bw’i Kinshasa bwanga urunuka ubu bwoko bw’Abanyamulenge, bigatuma bukomeza kumugirira icyizere, ari nabyo biviramo ku mwongerera amapeti.

Hagati mu mwaka wa 2006, i Lundu mu Minembwe hapfuye abasirikare bakuru ba Banyamulenge barimo Major Nkumbuyinka, Kayesu, Hassan n’abandi, bivugwa ko biciwe mu gitero General Masunzu yabagabyeho, ari nabwo yahise yongererwa amapeti, kuko yavuye ku mwanya wa Brigadier-General agirwa General-Major.

Na nyuma yabwo kandi hongeye kwicwa kibandi abasirikare benshi ba Banyamulenge, nabo barimo ba Major Tambwe, Maj.Kagigi, n’abandi nk’aba Colonel Gatoki. Ubwo nabwo ntihaciye kangahe Masunzu ava ku ipeti rya Major.Gen, agirwa Lt.Gen. Abo na bo Abanyamulenge benshi babashinja Masunzu.

Ubushize kandi, General Rukunda Michel uwari uzwi cyane nka Makanika, akaba yari yaritangiye kurwanirira Abanyamulenge yagabwaho igitero cya drone ku itariki ya 19/02/2025, icyanasize atabarutse, amakuru yizewe yaje avuga ko iriya drone yoherejwe na General Masunzu. Ibi byongeye kubabaza Abanyamulenge kurushaho.

Hagataho, Juvenal byavuzwe ko nawe yishwe n’inetsi ya Masunzu.

Mu busanzwe abakobwa n’intwaro abanyapolitike bakunze gukoresha mukwiba amabanga cyangwa kwica abanyachubahiro!

Gusa, ntibisazwe kugera kugikorwa cyo kwica, ariko akenshi aba bakobwa batumwa kwiba amabanga y’abariya banyacyubahiro nka telefone zabo, machine ngendanwa n’ibindi.

Kimwe mu bihugu bikoresha cyane abakobwa ni
u Burusiya, nubwo hari n’ibindi bihugu byinshi nabyo bibakoresha, ariko iki cy’u Burusiya kiri mu bivugwa cyane.

Noneho tugarutse ku kibazo cya visi guverineri, ikigaragara nuko yapfuye kandi igikorwa cyo kwica nihato abakobwa ba Banyamulenge bakivugwamo. Akenshi iyo umushize mu gikorwa cyo kwica ntabikozwa. Gusa ku bijanye n’isumu bishobora gushoboka kuko n’ibintu bisanzwe bivugwa kubera ko Abanyamulenge baturanye cyane n’Abapfulero bo basanzwe bicana bayikoresheje cyane, akaba ari yo mpamvu hokwemezwa ko yoba yarahawe iriya misiyo yokwica.

Ikindi cyatumye uyu mukobwa ashinjwa n’akiriya cyaha ni uko yahise ahungira mu kindi gihugu rugikubita, kandi akimara gufatwa yahise yemera ibyo ashinjwa anahamya ko ari Masunzu wamuhaye iyo misiyo amushukishije amafaranga. Ndetse kandi no mu gucika yagiye yibye bimwe mu bintu bya guverineri birimo n’amafaranga menshi. Mu bindi yavuze ni uko ngo hari abandi bakobwa bari nkawe bahawe misiyo yo kwica abayobozi bo muri AFC, ndetse avuga ko bagiye boherezwa mu bihugu bitandukanye harimo ni cya Uganda.

Hejuru y’ibyo kugera ngo agere i Bukavu yaje aturutse i Kinshasa mbere yuko agera mu Rwanda aho yageze abona kwambuka i Bukavu.

Nyamara kugeza ubu uruhande rw’umukobwa ntirwemera ibyo umukobwa wabo, ashinjwa. Ariko buri ruhande rwemeza ko uyu mukobwa yarasanzwe aziranye na guverineri wungirije. Kandi ko bari inshuti.

Uyu Gasinzira uheruka kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye, mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka nyuma y’aho AFC/M23 yarimaze gufata umujyi wa Bukavu, ni bwo yagizwe guverineri wungirije ushinzwe ubukungu muri iyi ntara. Akaba yari yatanzwe n’umutwe wa Twirwaneho nawo ubarizwa muri iri huriro rya AFC.

Hagataho, amaziko no gukura ikiriyo cya Gasinzira, biteganyijwe gukorwa tariki ya 19/05/2025, bikazabera i Bukavu umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Tags: BukavuMarieVisi guverineri
Share81Tweet51Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze.

Uburyo umukino wanyuma wa CHAN wagenze n’udushya twawuranze. Umukino wa nyuma wa CHAN 2024 wabereye kuri Moi International Sports Centre i Nairobi, tariki ya 30 zukwezi kwa munani...

Read moreDetails

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze.

Aho transfer ya Liverpool na Isak igeze. Liverpool iri mu biganiro bya nyuma kugira ngo isinyishe rutahizamu w’Umunyasuwede Alexander Isak ukinira Newcastle United, mu masezerano ashobora kuba manini...

Read moreDetails

The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

by minebwenews
August 29, 2025
0
The Ben mu rugendo rudasanzwe rwo kuzenguruka u Burayi.

The Ben mu rugendo rwokuzenguruka u Burayi. Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben, wamamaye mu ndirimbo z’urukundo n’izihuza abakunzi b’umuziki w’iwacu n’uw’isi yose, yatangaje gahunda y’urugendo rw’ibitaramo mu burayi mu...

Read moreDetails

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

by minebwenews
August 27, 2025
0
Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe.

Umunye-Congo Wissa yavuze impamvu yifuza gukomereza mu yindi kipe. Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunye-Congo, Yoane Wissa, arifuza kwimukira mu ikipe nshya nyuma y’imyaka myinshi akina muri Brentford. Wissa, wavukiye...

Read moreDetails

Kenny G agiye gususurutsa ab’i- Nairobi mu gitaramo cya Jazz cy’akataraboneka.

by minebwenews
August 26, 2025
0
Kenny G agiye gususurutsa ab’i- Nairobi mu gitaramo cya Jazz cy’akataraboneka.

Kenny G agiye gususurutsa ab'i- Nairobi mu gitaramo cya Jazz cy’akataraboneka. Umuhanzi w’icyamamare ku rwego rw’isi mu njyana ya Jazz, Kenny G, agiye kuza mu gihugu cya Kenya...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Congo zihishe i Walungu, M23 yaziburiye.

Fizi: Wazalendo barasanye abatari bake babigenderamo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?