Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Izo kwa Tshisekedi zirutse umutuno zita ibirindiro byabo, M23 irabifata.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 24, 2025
in Conflict & Security
0
Izo kwa Tshisekedi zirutse umutuno zita ibirindiro byabo, M23 irabifata.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Izo kwa Tshisekedi zirutse umutuno zita ibirindiro byabo, M23 irabifata.

You might also like

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, aravuga ko mu nkengero za Parike ya Kahuzi-Biega, muri teritware ya Kabare, habereye imirwano ikomeye hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo n’umutwe wa M23, uyu mutwe urazirukana unafata uduce twinshi two muri iki gice.

Umusibo ejo ku wa gatanu ni bwo iyo mirwano yabaye hagati y’u ruhande rwa Leta n’uy’u mutwe wa M23 ugize igihe utigisa ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Ni imirwano amakuru avuga ko yasize Ingabo z’iki gihugu, FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo bayabangiye ingata, M23 ihita yigarurira uduce twinshi turi muri zo nkengero za Kahuzi-Biega.

Kamwe muri utwo duce uyu mutwe wahise ufata harimo akarimo ibirindiro bikaze by’iri huriro ka Kabushwa n’utundi turi hafi aho.

Nyamara amakuru amwe avuga ko uyu mutwe wa M23 ko ari wo wagabye iki gitero muri turiya duce, mu gihe ku rundi ruhande bivugwa ko uyu mutwe ko wabigabye mu gihe ruriya ruhande rwa Leta rwari rwabanje ku wucyokoza, bikawurakaza maze uzihimuraho zihunga ziri guhungura amatwi.

Aya makuru akomeza avuga ko kubera imirwano ikomeye yabereye muri icyo gice, abaturage benshi barahunze bahungira mu bice bitekanye.

Aka gace kabereyemo imirwano mu gihe katari gaheruka kuyiberamo kuva umutwe wa M23 wabohoza umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Hejuru y’ibyo, iyi mirwano ngo yanasize kandi abakoreshaga umutungo kamere mu buryo butemewe n’amategeko muri parike ya Kahuzi-Biega na bo bavuye muri ako gace, batatanira mu tundi duce.

Tags: KabushwaKahuzi-BiegaM23
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

Iby'akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka. Igitero ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye mu Mikenke cyaguyemo umusirikare mukuru...

Read moreDetails

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza.

FARDC yariyateye mu Mikenke yakubiswe ahababaza. Ibitero ihuriro ry'Ingabo za Congo ririmo FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo zagabye mu duce dutuwe n'Abanyamulenge two mu Mikenke ho muri secteur...

Read moreDetails

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
Iby’imirwano itari yavuzwe yabereye mu Rurambo hagati ya Twirwaneho na Wazalendo.

FARDC nyuma yogukubitwa izakabwana mu Mikenke yateye mu kandi gace. Nyuma y'aho FARDC n'abambari bayo bazindutse bagaba ibitero mu mihana y'Abanyamulenge mu Mikenke, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23...

Read moreDetails

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
0
I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye.

I Kinshasa bataye muri yombi umusirikare ukomeye. Brigadier General Pierre Banywesize wigeze kuba umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo igihe cya Joseph Kabila ubwo yari...

Read moreDetails

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

by Bruce Bahanda
May 23, 2025
1
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila. Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo kuva mu mwaka wa 2001 kugeza mu 2018, Sena...

Read moreDetails
Next Post
Umukozi w’Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge.

Umukozi w'Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?