Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Perezida Museveni yagaragaje inkomoko y’intambara zibera muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 30, 2025
in History
0
Perezida Museveni yagaragaje inkomoko y’intambara zibera muri RDC.
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Museveni yagaragaje inkomoko y’intambara zibera muri RDC.

You might also like

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Miseveni, yatangaje ko Mobutu Sese seko wayoboye Congo ikicyitwa Zaïre na Habyarimana Juvenal wayoboye u Rwanda, ko aribo soko y’intambara zibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Nibyo perezida wa Uganda yatangarije mu nama y’urwego rushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro, umutekano n’ubufatanye bwa Congo n’akarere, aho yavuze ko amakimbirane yo muri RDC yatewe na politiki y’ivangura, yacengejwe n’abanyamahanga mu gihe cy’ubutegetsi bwa Mobutu na Habyarimana.

Museveni yasobanuye ko ikindi cyakururiye RDC ibibazo, ari uko ubutegetsi bwa Mobutu butigeze bwita ku bufatanye n’ibihugu by’abaturanyi.

Yagize ati: “Mubutu ntiyari yitaye ku baturage b’imbere muri RDC no ku baturanyi. Yashyigikiye imitwe yarwanyaga Angola, arwanya ibitekerezo byacu kuko icyo gihe twarwanyaga ubukoloni, we yari ku rundi ruhande.”

Na ho ku Rwanda, Abanyarwanda bari barahunze kuva mu mwaka wa 1959 ndetse n’abavukiye mu buhungiro, batangiye kwisuganya kugira ngo batahe. Avuga ko icyo gihe, Habyarimana yasabwe kubareka bagataha mu mahoro, ariko arabyanga.

Ati: “Habyarimana yaravuze ati ‘oya, nta mwanya wabo uhari, u Rwanda ruruzuye. Abananiwe kwihangana barisuganyije, batera u Rwanda. Mobutu yinjira mu Rwanda kugira ngo ngo afashe Habyarimana, intangondwa z’Abahutu. Ni bwo ikibazo cya RDC cyahuye n’icy’u Rwanda.”

Intambara yo kubohora u Rwanda yatangijwe n’umutwe wa RPF inkotanyi mu 1990, ingabo za Mobutu zari ziyobowe na General Donatien Mahele n’iza Habyarimana (ExFAR) zatsindiwe hamwe, zose zihungira mu Burasizuba bwa Congo, hamwe n’umutwe w’interahamwe wagize uruhare muri jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Perezida Yoweli Kaguta Museveni asobanura ko icyo gihe Mobutu yasabwe kwambura ingabo za Habyarimana intwaro zari zahunganye, arabyanga, biba ngombwa ko ingabo z’u Rwanda zitera Congo mu kwezi kwa cumi mu mwaka wa 1996, ubutegetsi bwa Mobutu bushyirwaho iherezo.

Museveni yagize ati: “Abasirikare ba Habyarimana batsinzwe bahungiye i Goma. Icyo twakoze twasabye Mobutu kubambura imbunda, arabyanga. Kubera ko yatekerezaga ko ab’imbere ntacyo bavuze, abaturanyi ntacyo bavuze, icyo yahaga agaciro ni abanyamahanga bamufashaga . Kubera iki Mobutu yanze kumva? Twari hano, twashoboraga ku mufasha.”

Mubutu wavuzwe cyane muri iyi nkuru, yagiye ku butegetsi mu 1971 asimbuye Joseph Kasavubu. Yavuye ku butegetsi mu kwezi kwa gatanu mu 1997 asimbuwe na Laurent Desire Kabila washinze umutwe wa AFDL.
Mobutu yaguye mu buhungiro muri Maroc mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 1997, amakuru agaragaza ko yazize indwara ya kanseri ya prostate.

Tags: HabyarimanaIntambara RDCMobutuMuseveni
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Mu gikombe cy’isi cy’amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump.

Mu gikombe cy'isi cy'amakipe, PSG yanyagiriwe imbere ya perezida Trump. Muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika hasojwe imikino y'igikombe cy'isi cy'amakipe, aho cyegukanywe na Chelsea inyagiye PSG ibitego 3...

Read moreDetails

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 9, 2025
0
Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge.

Icyo Umusesenguzi avuga kuri gahunda ndende Tshisekedi na Ndayishimiye barimo yo kurimbura Abanyamulenge. Umusesenguzi akaba n'Umujyanama w'umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho, Kabare Girinka William, yavuze ko nta muntu...

Read moreDetails

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

by Bruce Bahanda
July 8, 2025
0
Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye.

Abashinwa bavumbuye umuti wa Diyabete, ibirambuye. Abashinwa bavumbuye uburyo bushya bwo kuvura indwara ya Diyabete yo mu bwoko bwa kabiri, bakaba bashobora gusubiza ku murongo uturemangingo twitwa beta...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

by Bruce Bahanda
July 2, 2025
0
Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y’amabuye y’agaciro cyanditswe na Mundekeza.

Ibyimbitse ku gitabo kivuga hejuru y'amabuye y'agaciro cyanditswe na Mundekeza. Dr.Justin Mundekeza uri mu Banye-Congo babagenzuzi babahanga ku bijyanye na politiki y'iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

by Bruce Bahanda
June 25, 2025
0
Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n’intambara ya 3 y’isi mu gihe yoramuka ibaye.

Bimwe mu bihugu bidashobora kugerwaho n'intambara ya 3 y'isi mu gihe yoramuka ibaye. Nyuma y'aho Isi ikomeje kugarizwa n'ubushyamirane bwa politiki n'intambara hirya no hino z'urudaca, benshi batekereza...

Read moreDetails
Next Post
Iby’akaga kashyikiye abateye Abanyamulenge mu Mikenke, komanda wabo yahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

Umwe mu barwanashaka yaburiye benewabo uburyo bakwitwara muri iki gihe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?