Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo za RDC zacitse intege.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 7, 2025
in Conflict & Security
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo za RDC zacitse intege.

You might also like

Hatangajwe igisirikare kizasimbura icya RDC.

U Burundi bwanenzwe bikomeye ku gikorwa bwakoze ku gisirikare cyabwo.

Byakomeye muri FARDC itegeko rishya muriyo ryazanye impaka?

Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu ntambara zihanganyemo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho zamaze gucika intege ntizikirwana zitegereje gusa itegeko ribabwira ko zatsinzwe burundu.

Bikubiye mu butumwa MCN yahawe n’umwe mu barwanyi bo muri iri huriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa rinagamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Nk’uko uyu murwanyi utashatse ko amazina ye atangazwa, yahamije ko umuhate w’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta wacyogoye, kandi ko zatsinzwe.

Yagize ati: “Uwo turwana na we yacitse intege. Nta n’uwo ugihaba. Uwo mwumva ni ben’uyu ubuje kwiba akarasa gusa kugira ngo yihe inzira.”

Avuga ko uyu yita Umwanzi wabo ari na we urwanirira Leta y’i Kinshasa ko yacyogoye mu bice byose yarakunze kugabamo ibitero, yaba muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Yasobanuye ko ubwo abarwanyi babo bo muri AFC/M23 bafataga Pinga ejo bundi ku wa kane w’iki cyumweru, nta kurinda kwigeze kugaragara ku ngabo zo ku ruhande rwa Leta, ngo kuko zahise zihunga zitabanje kurema nk’izarebaga icyo gice.

Ndetse kandi no mu mirwano yabaye hagati y’izi mpande zombi ku munsi w’ejo ku wa gatanu tariki ya 06/06/2025, mu duce turi mu nkengero ya Pinga ni mu gihe aba barwanyi bo muri AFC/M23 barimo kwagura ibirindiro byabo, ziriya ngabo za RDC zarakubiswe zirashorerwa ntaguhangana kwigeze kuhaba nk’uko byabaga mbere.

Ati: “Kuri uyu wa gatanuho, kwari nko kuzishorera. Zavuye mu duce turi mu nkengero ya Pinga nta guhangana kubayeho pe! Zacitse intege.”

Mbere y’ifatwa rya Goma na Bukavu na nyuma yabwo gato, abarwanirira ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi nubwo batsindwaga urugamba, ariko hari uburyo barwanagamo bugaragaza ko bafitemo agatege, ariko ubu siko bikimeze byarashyize.

Uyu waganiraga na MCN yanatubwiye ko izi ngabo za Leta n’i Uvira zirindiriye ko ziraswaho zikihungira.

Ati: Urebye n’abariya bari i Uvira bategereje isasu ngo bahunge.”

Ibitero bikaze by’ihuriro ry’Ingabo za Congo biheruka kugabwa kuri Twirwaneho na M23 mu mpera z’ukwezi kwa gatanu, muri teritware ya Fizi, Kabare, Mwenga, Walungu, Uvira na Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, ndetse na Walikale, Masisi, Lubero na Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ariko kuri ubuho, ibitero zisigariyeho n’ibiba bigamije kwiba no kwangiza gusa, nk’uko uriya murwanyi yakomeje avuga, ngo naho ubundi u Burasirazuba AFC/M23 yarabufashe, ngo isigaje kubohoza na Kinshasa umurwa mukuru w’iki gihugu n’izindi ntara.

Tags: FardcRdcYacitse intege
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Hatangajwe igisirikare kizasimbura icya RDC.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Hatangajwe igisirikare kizasimbura icya RDC. Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, Corneille Nangaa, yatangaje ko mu gihe cya vuba kiri mbere abarwanyi bo muri M23 babarizwa...

Read moreDetails

U Burundi bwanenzwe bikomeye ku gikorwa bwakoze ku gisirikare cyabwo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
U Burundi bwanenzwe bikomeye ku gikorwa bwakoze ku gisirikare cyabwo.

U Burundi bwanenzwe bikomeye ku gikorwa bwakoze ku gisirikare cyabwo. Igisirikare cy'u Burundi kizwi nka FDNB cyatangaje ko cyungutse abasirikare bo mu butasi abari bamaze igihe bahabwa amahugurwa...

Read moreDetails

Byakomeye muri FARDC itegeko rishya muriyo ryazanye impaka?

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Hatangajwe igikorwa kibi gishobora gukorwa n’abagore ba basirikare, ndetse n’abasirikare ubwabo muri RDC.

Byakomeye muri FARDC itegeko rishya muriyo ryazanye impaka? Abasirikare ba Repubulika ya demokarasi ya Congo bahawe itegeko rishya rigiye gutuma nta musore uzongera gutekereza kwinjira muri iki gisirikare....

Read moreDetails

Amakuru ku gace AFC/M23 yambuye uruhande rwa Leta.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Amakuru ku gace AFC/M23 yambuye uruhande rwa Leta.

Amakuru ku gace AFC/M23 yambuye uruhande rwa Leta. Abarwanyi bo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC), ribarizwamo abo mu mutwe wa M23 n'abo mu wa Twirwaneho, bafashe agace...

Read moreDetails

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
M23 yigaruriye uduce twinshi mu mirwano yarimaze iminsi irenga ibiri.

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahamagaje intumwa zayo ryari ryarohereje i...

Read moreDetails
Next Post
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?