Abanya-Bibogobogo babwiwe amakuru yabateye ubwoba.
Bibogobogo iherereye muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ikaba kandi iri mu misozi iri hejuru y’umujyi wa Baraka, abayituriye babwiwe ko ihuriro rya Wazalendo ku bufatanye na FDLR bacuze umugambi wo kubatera, kandi ko babikora vuba, nk’uko uwabahaye aya makuru yabivuze.
Bikubiye mu butumwa umwe wo muri abo Wazalendo yahaye abanyamulenge batuye aha mu Bibogobogo, aho yabasabye kwicara babizi.
Mu butumwa bwe yatanze akoresheje inyandiko yasobanuye ko uzabatera ko azaturuka mu nzira zitatu, iya “Kagugu, Magaja ari yo ya Lweba, undi na none ngwakazaturuka i Kalele.”
Ndetse yanavuze ko atari Bibogobogo igambiriwe guterwa gusa, ngo kuko kandi aba Wazalendo bagambiriye no gutera mu Minembwe, Mikenke na Rugezi.
Umutangabuhamya yagize ati: “Hano mu Bibogobogo twakiriye amakuru mabi ko umwanzi ari kwiyegeranya ngo adutere.”
Aya makuru akomeza avuga ko umunsi wo guterwa ntuzwi, ariko ko ari ubutumwa bukomeye baganewe n’umuntu wo mu banzi.
Ibi ntacyo ingabo za FARDC zigenzura aka gace ka Bibogobogo zirabivugaho, nubwo ari amakuru yakomeje kuvuwa cyane mu baturage bagaturiye.
Bibogobogo iyi ivugwamo ayo makuru, irebwa n’ingabo za Congo hamwe n’iz’u Burundi zike, kuko inyinshi murizo ziheruka kuzamuka mu Minembwe kuhatera.
Binavugwa ko ibitero byagabwe ejo ku wa gatandatu mu nkengero za centre ya Minembwe, byari biyowe n’izi ngabo z’u Burundi. Kimweho zabikubitiwemo cyane nyuma y’aho umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bizitanze muri Mukoko, bikarangira zibahaye isomo.
Ibitero by’iri huriro ry’imitwe ya Mai Mai yibumbiye mu ciswe Wazalendo ku bufatanye na FDLR irimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mu Bibogobogo byaherukaga kuhagabwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Ni bitero byari bikarishye, nyamara Abanyamulenge bari babigabweho batabawe n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zisanzwe n’ubundi zigenzura iki gice, zisubiza inyuma iriya mitwe yitwaje intwaro yari yabibagabyeho.
Urwo rugamba rw’icyo gihe rwirije umunsi wose hari uguhangana gukomeye ku mpande zombi, kuva icyo gihe aba Banya-Bibogobogo bari batarongera kubona ibitero.
Ngayo nguko uko byifashe mu misozi ya Bibogobogo.