Andi avugwa mu Bibogobogo.
Amakuru aturuka mu Bibogobogo ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, avuga ko hongeye kuza izindi ngabo z’u Burundi nyuma y’aho izari zihasanzwe zimanutse i Baraka uyu munsi.
Ahagana mu masaha ya kare y’igitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2025, ni bwo ziriya ngabo z’u Burundi zabaga mu Bibogobogo zahavuye zerekeza i Baraka.
Bizwi ko izi ngabo zabaga mu makambi abiri, imwe iherereye mu irango rya Ugeafi n’indi iri mu Bipimo.
Umutangabuhamya yavuze ko aya makambi yari yasigaye gutyo, ariko ko uyu mugoroba hongeye kuza abandi basirikare b’u Burundi, kandi ko nabo baturutse i Bakaraka.
Yagize ati: “Igihe c’isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2025, iwacu mu Bibogobogo himenye abasirikare benshi b’u Burundi. Baje gusimbura abahahoraga bamanutse mu gitondo cya kare.”
Yongeye kandi ati: “Uko niko bimeze. Kandi na bo bahise basubira muri ya makambi ababo bahoragamo abiri.”
Nta mubare wabo uzwi, ariko uyu waduhaye aya makuru, yavuze ko atari bake, aho yahise avuga ko babarirwa mu magana atatu.
Ati: Nta womenya umubare wabo, ariko ushingiye ku murongo bari bafite, wa babarira muri magana atatu arenga.”
Izi ngabo zije mu gihe mu mpera zakiriya cyumweru, aha mu Bibogobogo havuzwe amakuru y’ibitero. Byavugwaga ko ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo yatumye ku Banyamulenge ko iri gutegura kubagabaho ibitero.
Ibi byatumye haba ubwoba bwinshi ku baturage bahatuye. Iki gice cya Bibogobogo cyaherukagamo ibitero by’iyi mitwe yibumbiye mu ciswe Wazalendo, inasanzwe ikorana byahafi n’Ingabo za RDC, mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2025.
Icyo gihe Abanyamulenge birwanyeho, ndetse baza gutabarwa n’ingabo za RDC zihakorera hamwe n’iz’u Burundi zahoraga muri aya makambi yavuzwe haruguru, binarangira uru ruhande rwari rwagabye biriya bitero rutsinzwe.