• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

minebwenews by minebwenews
July 16, 2025
in Conflict & Security
0
Icyo amakuru avuga kuri Col.Macunda.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imirwano ikaze yongeye kwaduka mu duce dutandukanye two muri Kivu y’Amajyepfo.

You might also like

Uwateye ku Bilalombili no mu Rugezi yasubijwe inyuma

Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye kwica abaho

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

Nyuma y’imirwano ikomeye iheruka kubera mu misozi ya Nyangenzi muri teritware ya Walungu no mu gace kamwe gaherereye hafi n’ikibuga cy’indege cya Kavumu ho muri teritware ya Kabare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa gatatu nanone hongeye kubura indi na yo ibera muri iyi teritware ya Kabare, ariko yo ibera mu duce tunyuranye twayo.

Ahagana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 16/07/2025, ni bwo iyi mirwano yadutse, aho hari hahaganye ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo.

Ubuhamya Minembwe Capital News yahawe bugira buti: “Imirwano ikaze yadutse mu duce twa Cirumba, i Mudata na Kajege, utu duce twabereyemo iyo mirwano, duherereye mu majyaruguru y’umujyi wa Bukavu.”

Aya makuru akomeza avuga ko iri huriro ry’ingabo za Congo kwariryo ryagabye ibyo bitero mu birindiro bya AFC/M23, ariko ngo risubizwa inyuma.

Ati: “Ingabo za FARDC, iz’u Burundi, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR zagabye ibitero ku birindiro bya AFC/M23, ariko uyu mutwe wa wabisubije inyuma.”

Kimwecyo imirwano biravugwa ko igikomeje, ndetse ko n’umugambi wa Leta ugikomeje wo kugira ngo yigarurire ibice yambuwe birimo umujyi wa Bukavu n’uwa Goma.

Ni mu gihe kandi umutwe wa Twirwaneho washyize itangazo hanze urigaragazamo ko ingabo z’u Burundi zagose ibice bituwe n’Abanyamulenge, mu rwego rwo kugira zibarimbure.

Ibice uwo mutwe uvuga byagoswe n’ingabo z’u Burundi ni Rurambo, Mikenke na Rugezi ndetse n’ibindi bitandukanye byo mu misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

Uyu mutwe nanone usanzwe ukorana byahafi n’umutwe wa M23, wavuze ko ufite uburenganzira bwo kwirwanaho, bityo ko mugihe wagabweho ibitero uzirwanaho byanze bikunze, kandi ko ushoboye guhashya uwari we wese uzawugabaho ibitero n’uzagerageza kurwanya abaturage.

Tags: AFC/m23Imirwano ikazeKivu yamajy'EpfoKwadukaRdc
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uwateye ku Bilalombili no mu Rugezi yasubijwe inyuma

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Uwateye ku Bilalombiri no mu Rugezi yasubijwe inyuma Ibitero by'ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo byazindutse bigabwa mu bice bya Bilalombiri mu Mikenke muri teritware ya...

Read moreDetails

Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye kwica abaho

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye  kwica abaho

Amakuru y'ukuri y'a basirikare b'u Burundi bazamutse imisozi y'i Mulenge, aho bagiye kwica abaho Nyuma y'aho bigize iminsi bivugwa ko ingabo z'u Burundi ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa...

Read moreDetails

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko yahagaritse inkunga ku banyeshure biga ku mashuri abanza aherereye mu...

Read moreDetails

Rugezi: Wazalendo bazindutse batera ibisasu, havuzwe n’icyo MRDP yo irigukora

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Rugezi: Wazalendo bazindutse batera ibisasu, havuzwe n'icyo MRDP yo irigukora Ihuriro rya Wazalendo rizindutse ritera ibisasu mu duce two mu Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa teritware ya...

Read moreDetails

Kenyan Man Killed in DRC for Resembling a Tutsi

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Umunya-kenya yiciwe muri RDC azira gusa n’Abatutsi

Kenyan Man Killed in DRC for Resembling a Tutsi A Kenyan man who was trading in the eastern parts of the Democratic Republic of Congo was killed by...

Read moreDetails
Next Post

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?