• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo umwe mu baturage bari Uvira avuga kuri Wazalendo.

minebwenews by minebwenews
August 26, 2025
in Conflict & Security
0
Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo umwe mu baturage bari Uvira avuga kuri Wazalendo.

You might also like

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

Umwe mu baturage uherereye muri Uvira aho Wazalendo bakokomeje gukorera ubugome ndengakamere ku baturage baho cyane cyane ku Banyamulenge, yabagereranyije n’Interahamwe zakoze jenocide mu Rwanda mu 1994, ziyikorera Abatutsi.

Uyu muturage yavuze ko Interahamwe ryari izina ryiza mbere ya 1994, ariko ngo nyuma ya jenocide yakorewe Abatutsi rihinduka igitutsi kibi cyane. Anagaragaza ko ari nabyo biri kuba kuri Wazalendo bo muri RDC.

Yagize ati: “Uzukuntu ijambo Interahamwe ryari ryiza mbere ya 1994. Ariko ubu no kurivuga mukanwa uzawumva arikintu kibi kubera ibyo zakoze mu Rwanda muri uwo mwaka.”

Yongeyeho ati: “Ubu ryabaye igitutsi, uwo bise Interahamwe abari umwicanyi mubi kurushaho.”

Avuga ko Wazalendo n’abo bizagera aho uzajyu ryitwa azajya hungira kure, kuko rizaba ari igitutsi kibi muri RDC.

Ati: “Hazagera igihe uwuzajyushaka gutuka, uzajyumutuka uti: ‘Muzalendo.’ Nta muntu uzaba agishaka kubyumva, kubera ibikorwa byabo bibi bakomeje kwerekana mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC.”

Ibi yabivuze nyuma y’aho ku munsi w’ejo ku wa mbere tariki ya 25/08/2025, Wazalendo bateje urusaku rwinshi mu mujyi wa Uvira uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Byari ubwo Abanyamulenge bashakaga gushyingura Colonel Gisore Patrick uheruka kugwa mu mpanuka y’indege yagisivili yavaga i Lubutu yerekeza i Kisangani mu ntara ya Tshopo.

Bamwe muri aba Banyamulenge bari baturutse i Luvungi mu Kibaya cya Rusizi abandi i Bujumbura mu Burundi.

Baje kwimirwa na Wazalendo, bakababwira ko nta Munyamulenge ukwiye gushyingurwa ku butaka bwa RDC, ngo kuko ari Abanyarwanda.

Amakuru akomeza avuga ko bamwe muri bo babanyaze amatelefone, amafaranga n’imodoka zabo bari batwaye.

Hakurikiyeho kurasa kwinshi, aho Wazalendo barimo barasira mu bice byinshi bitandukanye byo muri uyu mujyi wa Uvira.

Gusa, abagiye bafatwa baje kongera bararekurwa, ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26/08/2025, uwitwa General Kasimbila John komanda wo muri Wazalendo yazindutse atanga ubutumwa bw’amajwi, akangurira abarwanyi be aho bari hose kwitegura bakica abo yise Abanyarwanda, aho abashaka kuvuga Abanyamulenge.

Yagize ati: “Ndashaka kubabwira ko dufite abanzi benshi muri Uvira. Komanda secteur wa FARDC, Chef wa ANR, Chef wa DGM ndetse na Komanda region bose ni abatwinjiiriza umwanzi hano, kandi umwanzi muramuzi nta wundi ni Umunyarwanda.”

Yavuze ko we n’abarwanyi be bagiye kuzenguruka ahari umwanzi hose, maze ngo bagakora ibyo yise “kufyeka adui wa Congo.” Ugenekereje mu kinyamulenge ni ukumaraho umwanzi wa Congo.

Ubugizi bwa nabi bukorwa na Wazalendo haba i Uvira, n’ahandi hose bakorera nko mu misozi yayo no muri Fizi na Mwenga, bugeze kurundi rwego rwo hejuru.

Abenshi muri aba baturage baturiye ibyo bice, barabinubira, bityo bagasaba umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho kuza kuhigarurira, kuko aho iyo mitwe yigaruriyeho hari amahoro, kandi abaturage babirimo barishyira bakizana.

Tags: InterahamweUviraWazalendo
Share31Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe Amakuru aturuka i Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko havukiye...

Read moreDetails

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n'uwahoze ayoboye iki gihugu Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18, yahurije i Nairobi muri Kenya...

Read moreDetails

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa M23 byemaze gushyira umukono ku masezerano yerekeranye n'ishyirwa mu bikorwa ry'ihagarikwa...

Read moreDetails

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe Amakuru ava mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko nyuma y'aho Colonel Rubaba Ntagawa ahamagajwe...

Read moreDetails

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya Colonel Rubaba Ntagawa, umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo ukuriye ibatayo ifite ibirindiro mu Bibogobogo muri teritware ya...

Read moreDetails
Next Post
Rising Tensions in Uvira as Wazalendo Target Banyamulenge

Rising Tensions in Uvira as Wazalendo Target Banyamulenge

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?