• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, August 26, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

RDC: Abo mu ishyaka rya Matata Mponyo bagize icyo bavuga ku rubanza rwa Kabila.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 26, 2025
in Conflict & Security
0
RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda.
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC:Abo mu ishyaka rya Matata Mponyo bagize icyo bavuga ku rubanza rwa Kabila.

You might also like

I Kinshasa abasirikare bakuru basabiwe gufungwa imyaka 15.

Rising Tensions in Uvira as Wazalendo Target Banyamulenge

Icyo umwe mu baturage bari Uvira avuga kuri Wazalendo.

Abo mu ishyaka rya Matata Mponyo wahoze ari minisitiri w’intebe wa Repubulika ya demokarasi ya Congo igihe cya Joseph Kabila n’abanyamadini batangaje ko urubanza rwa Joseph Kabila rumeze nka Filime y’urwenya.

Ishyaka rya Matata Mponyo rya LGD rivuga ko ibyo Kabila aregwa ari bintu biraho gusa bidafite icyo bivuze.

Mu butumwa iri shyaka ryashyize hanze rivuga ko ryamaganye uru rubanza, rirwita inkinamico y’urwenya, kandi ko ari ni igitero cyagabwe kuri Kabila mu rwego rwo kugira ngo kimuhitane.

Ryagaragaje ko uru rubanza ari igihamya y’ukuntu ubutabera bw’ikimwaro bwakoreshejwe hagamijwe gutera ubwoba no gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Rigasaba urukiko rukuru rw’igisirikare kwima amatwi icyifuzo cy’umushinjacyaha gisaba ko Kabila akatirwa igihano cy’urupfu, ko byaba ari nko gushaka lisansi mu muriro ugurumana.

N’ishyaka rya Lamuka riyoboye na Martin Fayulu, na we yanenze imyitwarire y’abanyamategeko bunganira Leta, avuga ko bahinduye ikibuga cy’amaco y’inda n’ubuswa bukabije.

Undi mutegetsi wo muri RDC wanigeze kuba minisitiri w’ibikorwaremezo, yavuze ko uru rubanza rugamije gusenya ihame ry’ubutegetsi bushingiye ku mategeko na demokarasi.

Aba batavuga rumwe na Leta basaba ko hakwiye gutegurwa ibiganiro birimo impande zose, bikajyanwa n’ubuhuza bwa CENCO -ECC, kugira ngo hashakwe igisubizo mu mahoro aho gukongeza urwango.

Kabila ashinjwa ibyaha by’intambara birimo kugaba ibitero ku basivili, ku nkambi, ku bitaro, ku mashuri, ubuhotozi, gusahura no kugambanira igihugu.

Tariki ya 21/08/2025, abanyamategeko baharanira inyungu za Leta ya Congo mu rukiko basobanuye ko imitungo ya Kabila ibarirwa muri miliyari 32 z’amadolari, bityo ikwiye gufatirwa kuko yasahuye igihugu.

Aba banyamategeko basabye urukiko kandi guca Kabila indishyi ya miliyari 21 z’amadolari, izahabwa Leta ndetse n’abo bavuga ko bagizweho ingaruka n’ibyaha bye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Bari basabye urukiko kwemeza ko Kabila wayoboye iki gihugu imyaka 18 atari Umunye-Congo kuko ngo yahoze ari Umunyarwanda witwaga Hyppolite Kanambe.

Tags: FilimeKabilaLGDUrubanza
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

I Kinshasa abasirikare bakuru basabiwe gufungwa imyaka 15.

by Bruce Bahanda
August 26, 2025
0
I Kinshasa abasirikare bakuru basabiwe gufungwa imyaka 15.

I Kinshasa abasirikare bakuru basabiwe gufungwa imyaka 15. Abasirikare bakuru bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, ubushinjacyaha bw'igisiriakare cy'iki gihugu bwabasabiye gufungwa imyaka 15. Ku wa...

Read moreDetails

Rising Tensions in Uvira as Wazalendo Target Banyamulenge

by minebwenews
August 26, 2025
0
Rising Tensions in Uvira as Wazalendo Target Banyamulenge

A resident living in Uvira, where the Wazalendo continue committing extreme violence against the local population—especially the Banyamulenge—compared them to the Interahamwe militia that carried out the 1994 genocide against...

Read moreDetails

Icyo umwe mu baturage bari Uvira avuga kuri Wazalendo.

by Bruce Bahanda
August 26, 2025
0
Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

Icyo umwe mu baturage bari Uvira avuga kuri Wazalendo. Umwe mu baturage uherereye muri Uvira aho Wazalendo bakokomeje gukorera ubugome ndengakamere ku baturage baho cyane cyane ku Banyamulenge,...

Read moreDetails

I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

by Bruce Bahanda
August 25, 2025
0
I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze. Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye ibitero mu duce turi mu nkengero z'umujyi wa Goma ndetse...

Read moreDetails

Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

by Bruce Bahanda
August 25, 2025
0
Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira.

Umwe mu barinzi ba komanda secteur yishwe arashwe i Uvira. Umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo wo mu ngabo zishinzwe umutekano wa Komanda secteur wa Uvira muri...

Read moreDetails
Next Post
I Kinshasa abasirikare bakuru basabiwe gufungwa imyaka 15.

I Kinshasa abasirikare bakuru basabiwe gufungwa imyaka 15.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?