• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.

minebwenews by minebwenews
September 1, 2025
in Conflict & Security
0
AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23/MRDP yongeye gushinja FARDC n’abambari bayo kugaba ibitero ahatuwe cyane, unayiha integuza ikanganye.

You might also like

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, rirabushinja kugaba ibitero ku baturage no kubirindiro byaryo, maze rivuga ko rigiye kubiburizamo no kubasanga aho babitegurira.

Ni byatangajwe n’umuvugizi wa AFC/M23/MRDP-Twirwaneho, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa mbere tariki ya 01/09/2025.

Kanyuka yavuze ko uruhande bahanganye rwatangije intambara yagutse rukoresheje FDLR, ingabo z’u Burundi iza RDC na Wazalendo.

Avuga ko barashe ibisasu nta mpuhwe mu bice bituwemo n’abaturage, no ku birindiro byaryo.

Asobanura ko ibi byose biri gukorwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu, mu gihe impande zombi zari ziheruka gushyira umukono ku masezerano y’amahame y’i Doha muri Qatar tariki ya 19/08/2025.

Yakomeje avuga ko ibyo bitero zabigabye i Pinga muri Walikale n’i Bunyakiri muri teritware ya Mwenga.

Yahamije ko ibyo bitero byateye imfu ku baturage b’inzirakarengane no kuva mu byabo, binabashyira no mu kaga, bityo avuga ko bakeneye ubutabazi.

Uyu muvuguzi yarangije asezeranya abaturage ko bazabarinda, kandi ko batazakomeza kurebera ibiri gukorwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Ibi bije bikurikira irindi tangazo AFC/M23/MRDP-Twirwaneho yashyize hanze ku munsi w’ejo ku cyumweru tariki ya 31/08/2025. Ryari iryo kwihanangiriza uruhande bahanganye ku bitero rwakoze ku wa gatandatu wakiriya cyumweru gishize, rikavuga ko bagomba kubihagarika bitaba ibyo bakajya ku byihagarikira bo ubwabo.

Ubwo Kanyuka yatangazaga iby’ibi bitero biri gukorwa n’ubutegetsi bwa RDC, yaboneyeho kumenyesha ko ihuriro ryabo riri bugirane ikiganiro n’abanyamakuru i Goma mu Burasirazuba bw’iki gihugu, kandi ko kiri bube uyu munsi ku wa mbere tariki ya 01/09/2025, aho ngo kiri buze kuyoborwa n’umuhuza bikorwa waryo, Corneille Nangaa.

Iki kiganiro kikaba kiri bwibande ku by’umutekano, ndetse n’ibindi bintu binyuranye byugarije RDC.

Tags: AbaturageIbitero
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze Ibikoresho bya gisirikare by'igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, muri Uvira, iki gisirikare cyatangiye kubihungishiriza i Bujumbura mu...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Ingabo z'u Burundi zahawe igisubizo nyuma y'aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke Nyuma y'aho Ingabo z'u Burundi zihaye umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera muri Kivu...

Read moreDetails

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Indege z'intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyateye ibisasu by'indege za Sukhoi-25 mu bice bituwe cyane byo muri teritware ya...

Read moreDetails

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Urusaku rw'imbunda z'irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n'impamvu yarwo Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ugenzurwa n'ihuriro ry'ingabo za Repubulika...

Read moreDetails

Conflict Monitoring Report: Burundian Military Expansion and the Security Situation in the Mulenge Highlands

by minebwenews
October 19, 2025
0
Burundian Soldiers in Tshisekedi’s Plan to Wipe Out the Banyamulenge

Background Recent developments in the highlands of Mulenge, South Kivu Province (eastern Democratic Republic of the Congo), reveal a growing presence of Burundian soldiers operating in collaboration with elements of the Congolese national army...

Read moreDetails
Next Post

AFC/M23 mu gikorwa cyo gutangiza umwaka wa mashuri wa 2025-2026.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?