• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 2, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 2, 2025
in Conflict & Security
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

You might also like

Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze

Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Maniema, nyuma y’aho agereye mu mujyi wa Uvira uturiye ikiyaga cya Tanganyika, ibintu byarushijeho kuzamba, kuburyo hashobora kwaduka intambara ikomeye hagati ya Wazalendo na FARDC.

Aha’rejo tariki ya 01/09/2025, ni bwo uyu musirikare yinjiye muri uyu mujyi wa Uvira, uwo yagezemo aturutse i Bujumbura mu Burundi, nyuma yo kuva i Kindu akanyura i Kinshasa akabona kwerekeza i Bujumbura.

Bivugwa ko mbere yuko agera muri uyu mujyi, abawuturiye, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abapfulero na Wazalendo, bari batangaje ko batamushaka, ni mu gihe byari byavuzwe ko aje kuyobora ingabo ziwurimo za Leta.

Hari n’amajwi yumvikanye yabo yagiye ahererekanywa ku mbugankoranyambaga, bavuga ko mu gihe yo kwibeshya akawukandagiramo, bahita bamurasa.

Wazalendo bamushinja gutanga umujyi wa Bukavu mu maboko ya AFC/M23/MRDP, iyo uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wafashe mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Icyo gihe Gen Gasita ni we wari ushyinzwe iperereza ry’igisirikare ku rwego rw’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bityo bakavuga ko no mu gihe yo tumwa muri Uvira, ashobora kuyitanga nk’uko yatanze na Bukavu.

Gen Gasita mu kwinjira i Uvira, yahinjiye mu ibanga rikomeye, kuko Wazalendo bagiye kubimenya yamaze ku wugeramo.

Icyakurikiyeho ni uko bahise berekeza kuri hotel ya Muchepe iyo yahitiyemo, iri hafi na Etat major y’ingabo za FARDC i Uvira.

Amakuru akomeza avuga ko Komanda region na Komanda secteur, bagiye kwinginga Wazalendo kuva mubyo barimo, bakareka Leta igakora ibyayo ngo kuko ari yo yahamutumye, abandi na bo barabananira. Kugeza ubwo habaye ubushamirane hagati y’impande zombi.

Ndetse amakuru amwe avuga ko Gasita ashobora kuba yarahungishijwe, asubizwa i Burundi, ariko ku rundi ruhande bivugwa ko akiri Uvira.

Hagataho, Wazalendo basizoye bavuga ko baruhuka ari uko bamurashe, ngo kuko ntibashaka no kumva amakuru ye, uretse isura.

Uyu musirikare ufite ipeti rya General, ni uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge, abo Wazalendo n’abandi basa nabo bavuga ko ari abashitsi muri iki gihugu.

Ibi biri mu bituma babica, bakabanyaga Inka, ndetse kandi bakabasenyera. Kimwecyo, bamwe muri aba Banyamulenge barimo n’uyu Gasita bakomeza gukorera iyi Leta kabone nubwo ifatanyije na Wazalendo.

Usibye gufatanya na yo, banahakana ko Wazalendo n’Ingabo za Leta zica Abanyamulenge, igitangaje dore Wazalendo ntibazirikana ibitangazwa na bo.

Hagataho, umwuka w’intambara hagati ya FARDC na Wazalendo wahise uzamuka kurushaho, kuko n’ubundi bari basanzwe batabanye neza, kuko inshuro nyinshi bagenda basubiranamo, bakarwana.

Tags: GasitaUviraWazalendo
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

Abasirikare b'u Burundi bakorera mu bice bituwe n'Abanyamulenge biherereye muri grupema ya Bijombo, ahazwi nk'i Ndondo y'i Buvira cyangwa ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, nyuma y'aho basahuye mu...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha'rejo. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yazamuye mu ntera General Peter Cirumwami Nkuba na Colonel...

Read moreDetails

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze Abanyamulenge bari Uvira n'abahazindukira, baburiwe kwirinda cyane muri iki gihe, ngo kuko Wazalendo bashobora kubagirira nabi kandi ko...

Read moreDetails

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo n’iy’u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n’umubare w’Ingabo z’u Burundi zoherejwe iwabo.

by Bruce Bahanda
September 2, 2025
0
I Goma no mu nkengero zayo hagabwe ibitero bikaze.

Hahishuwe indwara Abanyamulenge bari muri Leta ya RDC barwaye ituma bifatanya na yo hamwe n'iy'u Burundi kwica benewabo, hanavugwa n'umubare w'Ingabo z'u Burundi zoherejwe iwabo. Guverinoma y'u Burundi...

Read moreDetails

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

by Bruce Bahanda
September 1, 2025
0
Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n’ubw’u Burundi

Mu burakari bwinshi Moïse Nyarugabo yamaganye ubutegetsi bwa RDC n'ubw'u Burundi Moïse Nyarugabo wahoze mu bategetsi bavuga rikijana muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, igihe cya Joseph Kabila...

Read moreDetails
Next Post
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?