• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

minebwenews by minebwenews
September 2, 2025
in Conflict & Security
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

You might also like

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Maniema, nyuma y’aho agereye mu mujyi wa Uvira uturiye ikiyaga cya Tanganyika, ibintu byarushijeho kuzamba, kuburyo hashobora kwaduka intambara ikomeye hagati ya Wazalendo na FARDC.

Aha’rejo tariki ya 01/09/2025, ni bwo uyu musirikare yinjiye muri uyu mujyi wa Uvira, uwo yagezemo aturutse i Bujumbura mu Burundi, nyuma yo kuva i Kindu akanyura i Kinshasa akabona kwerekeza i Bujumbura.

Bivugwa ko mbere yuko agera muri uyu mujyi, abawuturiye, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abapfulero na Wazalendo, bari batangaje ko batamushaka, ni mu gihe byari byavuzwe ko aje kuyobora ingabo ziwurimo za Leta.

Hari n’amajwi yumvikanye yabo yagiye ahererekanywa ku mbugankoranyambaga, bavuga ko mu gihe yo kwibeshya akawukandagiramo, bahita bamurasa.

Wazalendo bamushinja gutanga umujyi wa Bukavu mu maboko ya AFC/M23/MRDP, iyo uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wafashe mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Icyo gihe Gen Gasita ni we wari ushyinzwe iperereza ry’igisirikare ku rwego rw’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bityo bakavuga ko no mu gihe yo tumwa muri Uvira, ashobora kuyitanga nk’uko yatanze na Bukavu.

Gen Gasita mu kwinjira i Uvira, yahinjiye mu ibanga rikomeye, kuko Wazalendo bagiye kubimenya yamaze ku wugeramo.

Icyakurikiyeho ni uko bahise berekeza kuri hotel ya Muchepe iyo yahitiyemo, iri hafi na Etat major y’ingabo za FARDC i Uvira.

Amakuru akomeza avuga ko Komanda region na Komanda secteur, bagiye kwinginga Wazalendo kuva mubyo barimo, bakareka Leta igakora ibyayo ngo kuko ari yo yahamutumye, abandi na bo barabananira. Kugeza ubwo habaye ubushamirane hagati y’impande zombi.

Ndetse amakuru amwe avuga ko Gasita ashobora kuba yarahungishijwe, asubizwa i Burundi, ariko ku rundi ruhande bivugwa ko akiri Uvira.

Hagataho, Wazalendo basizoye bavuga ko baruhuka ari uko bamurashe, ngo kuko ntibashaka no kumva amakuru ye, uretse isura.

Uyu musirikare ufite ipeti rya General, ni uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge, abo Wazalendo n’abandi basa nabo bavuga ko ari abashitsi muri iki gihugu.

Ibi biri mu bituma babica, bakabanyaga Inka, ndetse kandi bakabasenyera. Kimwecyo, bamwe muri aba Banyamulenge barimo n’uyu Gasita bakomeza gukorera iyi Leta kabone nubwo ifatanyije na Wazalendo.

Usibye gufatanya na yo, banahakana ko Wazalendo n’Ingabo za Leta zica Abanyamulenge, igitangaje dore Wazalendo ntibazirikana ibitangazwa na bo.

Hagataho, umwuka w’intambara hagati ya FARDC na Wazalendo wahise uzamuka kurushaho, kuko n’ubundi bari basanzwe batabanye neza, kuko inshuro nyinshi bagenda basubiranamo, bakarwana.

Tags: GasitaUviraWazalendo
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze

FARDC iri guhungishiriza mu Burundi ibikoresho byayo bikaze Ibikoresho bya gisirikare by'igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, muri Uvira, iki gisirikare cyatangiye kubihungishiriza i Bujumbura mu...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zahawe igisubizo nyuma y’aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke

Ingabo z'u Burundi zahawe igisubizo nyuma y'aho zitanze amasaha kuri Twirwaneho yo kuba yavuye muri Mikenke Nyuma y'aho Ingabo z'u Burundi zihaye umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukorera muri Kivu...

Read moreDetails

Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Indege z’intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage

Indege z'intambara za FARDC zagabye ibitero ku baturage Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyateye ibisasu by'indege za Sukhoi-25 mu bice bituwe cyane byo muri teritware ya...

Read moreDetails

Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Urusaku rw’imbunda z’irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n’impamvu yarwo

Urusaku rw'imbunda z'irimo ninini ruri kumvikana i Uvira, hakaba hamenyekanye n'impamvu yarwo Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, ugenzurwa n'ihuriro ry'ingabo za Repubulika...

Read moreDetails

Conflict Monitoring Report: Burundian Military Expansion and the Security Situation in the Mulenge Highlands

by minebwenews
October 19, 2025
0
Burundian Soldiers in Tshisekedi’s Plan to Wipe Out the Banyamulenge

Background Recent developments in the highlands of Mulenge, South Kivu Province (eastern Democratic Republic of the Congo), reveal a growing presence of Burundian soldiers operating in collaboration with elements of the Congolese national army...

Read moreDetails
Next Post
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?