• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n’iby’imbunda nini, hasobunurwa n’impamvu yabyo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 6, 2025
in Conflict & Security
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC
73
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n’iby’imbunda nini, hasobunurwa n’impamvu yabyo

You might also like

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 06/09/2025, i Uvira mu mujyi harasiwe imbunda ziremereye n’izoroheje, bikavugwa ko zaraswaga na Wazalendo mu rwego rwo kugaragaza ko badashaka na gato Brigadier General Olivier Gasita uheruka kuhatumwa n’igisirikare cy’iki gihugu (Fardc).

Bikubiye mu butumwa bw’amajwi bukomeje guhererekanwa ku mbugankoranyambaga, aho burikumvikanamo ibiturika birimo n’iby’imbunda nini, ndetse n’amajwi y’abantu bavuga ko badashaka Brig-Gen. Gasita.

Ayo majwi ari kumvikanira mu rusaku rw’imbunda, agira ati: “Mukomeze murase, Gen Gasita ave i Uvira. Ntitumushaka, ni Umunyarwanda, hano si iwabanyarwanda.”

Arakomeza ati: “Ejo turashaka ko Gasita azaba yagiye. Rwose ntawe dushaka ku butaka bwacu. Naramuka atagiye tuzatera Hotel arimo iri hafi no kuri Secteur.”

Nanone mu bundi butumwa nabwo bwumvikanye, bwatanzwe n’umuntu warimo asenga, aho ijwi rye wumva ari umugore, yagiraga ati: “Mana dukure muri ubu buretwa, turashaka kuva muri iyi hari tumazemo imyaka myinshi. Congo n’abayituye twagucyumuyeho iki? Babarira burumwe, maze uduhe amahoro.”

Muri icyo gihe wumvaga hari kuvuga amasasu menshi, kandi harimo haraswa n’imbunda za Mashin gun, ndetse n’amabomba menshi n’izindi zo mu bwoko butandukanye.

Umwe mu baherereye muri ibyo bice ya bwiye Minembwe Capital News ko aya masasu yarashwe igihe cya saa ine z’ijoro, kandi ko barasaga ngo batere ubwoba General Olivier Gasita ahereko ahunga muri iki gice.

Ku wa mbere muri iki cyumweru, ni bwo Olivier Gasita yageze i Uvira aturutse i Kindu, aho yanyuze i Bujumbura mu Burundi mbere y’uko yambuka i Uvira.

Wazalendo banze ko ayobora ibikorwa bya gisirikare muri iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo ifite icyicaro i Uvira nyuma y’aho i Bukavu hafatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara higaruriwe na AFC/M23/MRDP, ni mu gihe bamwita umwanzi wabo ngo kubera ubwoko bwe Umunyamulenge.

Ariko kugeza ubu aracyari muri iki gice, kandi avuga ko atazahava kubera Wazalendo, ndetse n’itangazo igisirikare cya RDC cyashyize hanze ejo ku wa gatanu rivuga ko ari we wahatumwe, kandi ko agomba kuhayobora byanze bikunze.

Nyamara ibi bigaragaza neza icyo umutwe wa AFC/M23/MRDP urwanira, kuko wubuye intwaro kubera urugomo Abatutsi bakorerwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu, kandi ibyo bikaba byaratangiye kuva mu myaka yo hambere nko mu mwaka wa 1964, na mbere y’aho.

Tags: GasitaIbiturikaUviraWazalendo
Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Haravugwa amakuru ababaje y'igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n'ibyo Leta iri kuhohereza I Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, amakuru aturuka yo mabi ni uko Wazalendo...

Read moreDetails

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, aravuga ko muri iri joro ryo ku wa...

Read moreDetails

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z'u Burundi ziri guteza akajagari I Mulenge muri Kivu y'Amajyepfo biravugwa ko hiriwe ituze, usibye ko ku Ndondo ya...

Read moreDetails

Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake

Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake Icyorezo cya Ebola cyongeye kwa duka muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikaba imaze no guhitana abantu...

Read moreDetails

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w'ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira Abarwanyi bibumbiye mu cyiswe Wazalendo bakorana byahafi n'u Butegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?