• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 17, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ingabo z’u Burundi mu Bibogobogo ziravugwaho imyiteguro idasanzwe y’intambara

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 17, 2025
in Conflict & Security
0
Ingabo z’u Burundi mu Bibogobogo ziravugwaho imyiteguro idasanzwe y’intambara
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ingabo z’u Burundi mu Bibogobogo ziravugwaho imyiteguro idasanzwe y’intambara

You might also like

Ibya drone y’Ingabo za RDC yakoreye impanuka muri Kivu y’Epfo

Mpuruyaha ya makuru avuga ku basirikare ba FARDC banzwe na Wazalendo i Fizi

RDF yavuze uburyo byagenze kugira indege yabo nto ikore impanuka

Abasirikare b’u Burundi basanzwe bakorera mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi, mu gice gituwe n’Abanyamulenge kigenzurwa n’ihuriro ry’ingabo za Congo, baravugwaho ibikorwa bigaragaza ko ziri kwitegura urugamba, ni nyuma y’aho zikomeje kuhacukura indake.

Bibogobogo iherereye mu misozi y’unamiye umujyi wa Baraka ufatwa nk’umurwa mukuru wa teritware ya Fizi, ukaba w’ubatse ku nkombe y’ikiyaga cya Tanganyika.

Iki gice cya Bibogobogo ahanini gituwe n’Abanyamulenge, nubwo hari n’ayandi moko ahatuye nk’Ababembe, Abapfulelo n’abanyindu.

Ubutumwa dukesha abaturiye icyo gice buvuga ko kuva mu cyumweru gishize, ingabo z’u Burundi zikirimo zatangiye gucyukura indake.

Ni indake bivugwa ko zacyukuwe mu duce ziriya ngabo z’u Burundi zihereremo.

Bizwi ko ibirindiro byazo bya mbere biri ahitwa ku irango rya Ugeafi mu gihe ibindi na byo biri ku Gipimo/Magaja hafi no mu Bivumu.

Ubuhamya twahawe n’umwe mu baherereye hafi aho bugira buti: “Bari mu kuja mu baturage ku batira ibipawa(ibitiyo) byo gucyukura indake. Kandi kuzicyukura babitangiye mu ntangiriro za kiriya cyumweru gishize, kugeza n’ubu baracyarimo bazicyukura.”

Uyu waduhaye ubu buhamya yanavuze ko ibyo barimo bigaragaza ko bari kwitegura intambara, ati: “Baragagaza ko bari kwitegura intambara. Nta wamenya.”

Imyaka igiye kuba itatu ingabo z’u Burundi zisimburana aha mu Bibogobogo; nk’izi zihari zahageze mu kwezi kwa gatandatu nyuma y’aho zisimbuye izari zarahageze mu ntangiriro z’uyu mwaka, aho na zo zari zarahasimbuye izindi.

Kugera mu bice byabohowe n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho nka Minembwe na Bijabo uvuye aha mu Bibogobogo, harimo intera itari ndende cyane, ku rugendo rwa maguru.

Kuko kuva mu Minembwe ukagera mu Bibogobogo, ugenda urugendo rw’amaguru, uhagenda amasaha 11 gusa, mu gihe mu Bijabo ho ari amasaha 9.

Bigakekwa ko aba basirikare boba bari gutinya ko uyu mutwe wa MRDP-Twirwaneho wabagabaho ibitero uturutse muri biriya bice byavuzwe haruguru, muri urwo rwego bikaba ari byo bizitera kwimba indake kugira ngo zitegure intambara.

Indake ni amwe mu mayeri abasirikare bakoresha mu mirwano, kuko zibakingira ibisasu baraswaho mu rugamba.

Tags: BibogobogoIndakeIngabo z'u BurundiIntambara
Share24Tweet15Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ibya drone y’Ingabo za RDC yakoreye impanuka muri Kivu y’Epfo

by Bahanda Bruce
September 17, 2025
0
Ibya drone y’Ingabo za RDC yakoreye impanuka muri Kivu y’Epfo

Ibya drone y'Ingabo za RDC yakoreye impanuka muri Kivu y'Epfo Indege nto itagira abapilote ya drone y'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, yakoreye impanuka mu bice...

Read moreDetails

Mpuruyaha ya makuru avuga ku basirikare ba FARDC banzwe na Wazalendo i Fizi

by Bahanda Bruce
September 17, 2025
0
Mpuruyaha  ya makuru avuga ku basirikare ba FARDC banzwe na Wazalendo i Fizi

Mpuruyaha ya makuru avuga ku basirikare ba FARDC banzwe na Wazalendo i Fizi Amakuru ava mu bice bigenzurwa n'ihuriro ry'Ingaboo za Congo byo muri teritware ya Fizi mu...

Read moreDetails

RDF yavuze uburyo byagenze kugira indege yabo nto ikore impanuka

by Bahanda Bruce
September 17, 2025
0
RDF yavuze uburyo byagenze kugira indege yabo nto ikore impanuka

RDF yavuze uburyo byagenze kugira indege yabo nto ikore impanuka Ubuyobozi bw'Ingabo z'u Rwanda, RDF, bwatangaje ko drone nto y'igisirikare cyabo yakoze impanuka nyuma yaho itaye inzira ubwo...

Read moreDetails

Hamenyekanye icyatumye ikibuga cy’indege cya Bujumbura kimara amasaha arenga 10 kidakora

by Bahanda Bruce
September 16, 2025
0
Ay’indege bivugwa ko yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura igana muri RDC

Hamenyekanye icyatumye ikibuga cy'indege cya Bujumbura kimara amasaha arenga 10 kidakora Ikibuga cy'indege cya Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose kidakora nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke kubera...

Read moreDetails

Kwa Tshisekedi byakaze, abadepite bafatanye mu mashati, ndetse hafi gukubitana amangumi

by Bahanda Bruce
September 16, 2025
0
Kwa Tshisekedi byakaze, abadepite bafatanye mu mashati, ndetse hafi gukubitana amangumi

Kwa Tshisekedi byakaze, abadepite bafatanye mu mashati, ndetse hafi gukubitana amangumi Muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu nteko ishinga amategeko bagaragaye bafatanye mu mashati, aho hari uruhande...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?