
M23, iravugwa munkengero zumujyi wa Sake. Mumirwano yabaye uyumunsi tariki 08.02.2023, ingabo za M23 zabashe kwambura FARDC nabo bafatanije agace bita kwa Sadron, Kari hafi na Sake muri Territory ya Masisi ho muri Kivu yamajyaruguru.
Mugitondo canone kuwakane ingabo za leta y’Ikinshasa (FARDC), zivanze nabacanshuro na FDLR ndetse na Maimai Nyatura, bongeye kugaba ibitero kungabo za M23, mubice byari biheruka gufatwa na M23 harimo na Karuvunda, ibi biri mubyatumye M23 yirwanaho bongera kwigarurira kwa Sadron.
Kwa Sadron akaba ari munkengero zumujyi wa Sake, nkuko Minembwe Capital News, imaze kubibwibwa nabamwe mubarwanyi buyumutwe wa M23.
Ubwo Minembwe Capital News, yaganiraga numwe mubagize M23 yagize ati : “Kwa Sadron, nihejuru ya sake nuruzi rumwe runyuzemo, wambuka uruzi winjira muri Sake, naho aha kwa Sadron nahantu haba nibikuyu byinshi, umuhana wa Mushake wa sigaye inyuma.”
Mugihe umuvugizi wa M23 Maj Will Ngoma, yaganiraga nabanyamakuru yavuze ko: “FARDC n’abo bafatanyije bari kurwana nabo mu bice bitandukanye aho bari kubarasaho bakoresheje Ibibunda binini biri gukoreshwa n’abazungu(Abacanshuro), atariko ntibatubuza gukomeza kubirukana.”
Amakuru kandi twamenye nuko abaturage bo muri Sake bahunze uyu mujyi ku bwinshi berekeza I Goma abandi Minova, nimugihe biteguye ko M23 igera muruyu Muhana wa Sake, bityo amayira akaba afunzwe hasigaye kwerekeza mu mujyi wa Gisenyi cyangwa iy’amazi.
Intamba za Congo irihafi gushira kandi M23 izoyimara.
Amen
✅✅✅✅✅✅