• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Kivu y’Epfo : Wazalendo basubiranyemo abatari bake bahasiga ubuzima abandi benshi barakomeretswa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 19, 2025
in Conflict & Security
0
Kivu y’Epfo : Wazalendo basubiranyemo abatari bake bahasiga ubuzima abandi benshi barakomeretswa
73
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kivu y’Epfo: Wazalendo basubiranyemo abatari bake bahasiga ubuzima abandi benshi barakomeretswa

You might also like

RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y’ibisasu yateye

AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi

Col.Ntagawa wari wahamagajwe igitaraganya yagarutse mu birindiro bye

Amakuru aturuka muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, avuga ko abarwanyi ba Wazalendo basanzwe bakorana byahafi n’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo mu kurwanya ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho, basubiranyemo icyenda muri bo bakahasigaye ubuzima naho ababarirwa mu mirongo barakomeretswa.

Iri subiranamo rya Wazalendo ryatangiye mu ijoro ryo ku itariki ya 17/09/2025, rigeza ku wa kane tariki ya 18/09/2025.

Amakuru agaragaza ko uku kurwana kwa bonyine kuri bonyine kwaberaga muri centre ya teritware ya Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa RDC.

Minembwe Capital News amakuru yizewe yamaze guhabwa ni uko harwanaga itsinda rya Wazalendo riyoboye n’uwitwa Foka Maike usanzwe wiyita General n’irindi tsinda nanone naryo riyoboye n’undi na we wihaye ipeti rya General witwa Nakiliba.

Byasobanuwe ko isubiranamo ryabo, ryatangiye mu ijoro ryo ku wa gatatu rikomeza ku gicamunsi cyo ku wa kane, aho muri iyo minsi humvikanye imbunda ziremereye n’izoroheje.

Buri mu yobozi wa buri ruhande, nk’uko aya makuru akomeza abivuga yashakaga kuyobora iyi centre ya teritware ya Mwenga, bityo biviramo guhangana hagati y’i mpande zombi.

Aya makuru ava muri ibyo bice agahamya ko hapfuyemo Wazalendo icyenda bo ku mpande zombi, n’aho ababarirwa mu mirongo bayikomerekeramo.

Hari andi makuru avuga ko mbere y’uko iryo subiranamo ritangira, hari hapfuye undi Mzalendo wapfuye arashwe kibandi. Uwo na we yarasiwe hafi aho naho imirwano yaberaga.

Bigeze ku mugoroba w’ahar’ejo nyine ku wa kane, iyi mirwano yarahageze, ni mu gihe impande zombi za sabwe n’ubuyobozi bwa Wazalendo ku rwego rw’intara n’igihugu kumvikana.

Kugeza muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, hongeye kubyukira ituze, usibye ko uza kugenzura iki gice hagati y’impande zari zihanganye ataramenyekana.

Mu busanzwe Wazalendo bahawe intwaro na perezida Felix Tshisekedi, mu rwego rwo kugira ngo bafatanye n’igisirikare cye ku rwanya umutwe wa AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ugamije gushyiraho akadomo kanyuma ubu butegetsi bwe(Tshisekedi).

N’ubwo bafatanya kurwanya uyu mutwe, ariko nyamara bagirana intambara zidashyira, kuko uretse kuba aba Wazalendo basubiranyemo hari n’ubwo kandi basubiranamo na FARDC.

Ibyo byagaragaye muri i Uvira, i Fizi n’aha muri Mwenga.

Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y’ibisasu yateye

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y’ibisasu yateye

RDC yagaragaje ko nta bushake ifite bwo kugirana amahoro na AFC/M23/MRDP nyuma y'ibisasu yateye Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yagaragaje ubushake buke bwo kugirana amahoro n'ihuriro...

Read moreDetails

AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi

AFC/M23 yasubije abibaza ko bashaka ubwigenge bwa Kivu zombi Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC/M23 binyuze ku muvugizi wayo wungirije, Oscar Barinda yasubije abavuga ko iri huriro rishaka...

Read moreDetails

Col.Ntagawa wari wahamagajwe igitaraganya yagarutse mu birindiro bye

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa wari wahamagajwe igitaraganya yagarutse mu birindiro bye Colonel Rubaba Ntagawa wahamagajwe igitaraganya na Komanda secteur i Baraka ahazwi nk'umurwa mukuru wa teritware ya Fizi mu ntara ya...

Read moreDetails

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe

Uvira havutse umutwe mushya ugiye kurwanya undi mutwe Amakuru aturuka i Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko havukiye...

Read moreDetails

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n’uwahoze ayoboye iki gihugu

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa RDC bahurijwe i Nairobi n'uwahoze ayoboye iki gihugu Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18, yahurije i Nairobi muri Kenya...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe ikindi gitero gishobora gutungurana mu misozi y’i Mulenge

Havuzwe ikindi gitero gishobora gutungurana mu misozi y'i Mulenge

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?