• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Abanyamulenge bari i Nakivale nyuma y’imyaka 5 badakorera hamwe, bemeranyije gutora umuyobozi umwe ubareba bose

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 24, 2025
in Conflict & Security
0
Abanyamulenge bari i Nakivale nyuma y’imyaka 5 badakorera hamwe, bemeranyije gutora umuyobozi umwe ubareba bose
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge bari i Nakivale nyuma y’imyaka 5 badakorera hamwe, bemeranyije gutora umuyobozi umwe ubareba bose

You might also like

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Impunzi z’Abanymulenge zi cyumbikiwe mu i kambi y’ impunzi iherereye i Nakivale mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’i gihugu cya Uganda, zemeje gushyiraho umuyobozi umwe uzireba zose, ni mugihe mu mwaka wa 2021 zacitsemo ibice bitatu, kuko umuryango umwe mu igize Abanyamulenge w’Abadahurwa wakoreye ukwawo, wanga kugira uruhande ushyigikira muri mitualite zibiri zari zavutse icyo gihe.

Imwe muri izo mitualite yari iyobowe na Musore John, ikaba yarigizwe n’imiryango igera kuri 9: uwa Banyabyinshi, Abasinzira, Abadinzi, Abasama, igicye kimwe cy’Abasita, Abahiga, Abasegege, Abitira n’Abega.

Ni mu gihe iya kabiri na yo yari iyobowe na Mukiza, aho na yo yarimo imiryango ikabakaba icumi: uw’Abagorora, Abasita, Abasinga, Abahima n’abandi.

Umwe mu bayobozi b’izi mpunzi, Ngendahayo Justin, uyoboye akarere ka Nyarugugu kagizwe na ma zone atatu ari na yo atuyemo Abanyamulenge, ya bwiye Minembwe Capital News ko “ashigikiye aya matora agiye gukorwa, kandi ko n’ubuyobozi bwo hejuru bw’impunzi buyashyigikiye. Kimweho agaragaza ko yasanze hari bamwe mu banyamulenge batayashyigikiye, ariko yirinda kuvuga abo aribo.”
Yagize ati: “Ku giti cyanjye nshyigikiye ko Abanyamulenge bagira umuyobozi umwe, apana ngo bafite za mitualite zirenga zibiri. Ibyo ni akavuyo, ntitubishaka,ariko nyamara nasanze hari abashaka ko haguma kuba za mitualite nyinshi. Ibyo nibyo bibabaje.”

Yongeye ati: “Ubuyobozi bw’impunzi bwa 0PM nabwo burashyigikiye, bwanagize n’uruhare runini kugira ngo Abanyamulenge bave mu macakubiri batore umuyobozi umwe ubareba bose.”

Itangazo ryashyizwe hanze rya komisiyo ishyizwe aya matora, rinateweho umukono n’uwitwa Kigeri Muhire, ari nawe perezida w’iyo komisiyo, rigaragaza ko bazatora ku wa kane tariki 25/092025.

Ndetse kandi rikangurira abanyamulenge bose kuzayitabira, no kuzahagerera ku gihe, aho rinagaragaza kandi ko bizakorwa igihe cya saa ine zigitondo.

Ni itangazo kandi rigaragaza ko igikorwa cy’amatora ko kizabera mu mbuga y’itorero rya Shilon riyobowe na Bishop Mbangutsi. Iri torero riherereye muri Quartier yitwa Gosheni, rikaba kandi riri hafi n’ikibuga cy’umupira wa maguru cyo mu Madorari muri Nyarugugu.

Cyobikoze kugeza ubu abakandida ntibaramenyekana, usibye ko umwe muri aba banyamulenge witwa Bizuru, aheruka gutanga itangazo ubwo bari mu kiriyo cya bereye muri New Leh ku wa kabiri, avuga ko “abakandida” bazatangazwa ku munsi nyirizina wa matora ku wa kane.

Tags: AbanyamulengeAmatoraMitualiteNakivale
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya Colonel Rubaba Ntagawa, umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo ukuriye ibatayo ifite ibirindiro mu Bibogobogo muri teritware ya...

Read moreDetails

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Havuzwe uduce Wazalendo bari kubabarizamo abaturage, n’icyakorwa kugira ngo bigire iherezo

Uduce 8 FARDC n'abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y'uko bishe abasivili Uduce tubarirwa mu 8 duherereye muri grupema ya Bukombo n'iya Tongo muri teritware ya Rutshuru, mu...

Read moreDetails

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe Sio.Sebagabo Rwambara war'uzwi cyane ku izina rya Edinasi, yatabarukanye n'abandi i Lubumbashi mu cyahoze ari Katanga, kuri ubu...

Read moreDetails

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije Abarwanyi bashingikiwe na guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai n'indi iyishamikiyeho ihurikiye mu...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by’i Doha

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyakozwe na Kinshasa biganisha kuri balkanisation, soma inkuru irambuye

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by'i Doha Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo budashobora guhunga ibiganiro bibera...

Read moreDetails
Next Post
Because Wazalendo rejected Gen. Gasita and the government did nothing about it, some FARDC soldiers have deserted.

Because Wazalendo rejected Gen. Gasita and the government did nothing about it, some FARDC soldiers have deserted.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?