• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 3, 2025
in Conflict & Security
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa
110
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

You might also like

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u mutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bwavuzweho kuba buheruka gufunga bamwe mu basirikare bowo, bubaziza gukoresha magendu ariko nyuma buza kubarekura, n’ubwo hari ugifunze, nk’uko amakuru abivuga.

Mubaheruka guhanwa barimo Lt Col Willy Ngoma umuvugizi w’uyu mutwe wa M23 mu bya gisirikare na Brigadier General Byamungu Bernard Maheshi wungirije umugaba mukuru w’izi ngabo z’uyu mutwe n’abandi.

Amakuru akavuga ko uyoboye igisirikare cy’uyu mutwe wa M23, Maj. Gen. Sultan Makenga, yabahanye abashinja gucuruza amabuye y’agaciro mu duce uyu mutwe ugenzura no kurya ruswa n’ibindi.

Abahanwe igifungo cy’igihe gito ni Gen Byamungu Maheshe, n’umuvandimwe wa Gen Sultan Makenga, hakabamo na Col.Jimmy Nzamuye wari umuyobozi w’umujyi wa Goma.

Col.Nzamuye mbere yo gutabwa muri yombi akajanwa gufungirwa i Tchanzu, yakekwagaho gukoresha umwanya afite mu kwigwizaho ubukire.

Yafunzwe igihe kitarenze ibyumweru bibiri. Nyuma yo gufungurwa yavanwe ku nshingano zo kuyobora umujyi wa Goma, ahabwa gutegura ibikorwa bya gisirikare mu karere ka kabiri ka gisirikare muri Masisi.

Ni mu gihe Brigadier General Byamungu we ushyinzwe ibikorwa by’iperereza akaba kandi ari we wungirije Major Gen Sultan Makenga, yavuzweho kwiba imodoka akazigurishyiriza muri Uganda azikuye i Goma mu mujyi. Ariko bivugwa ko yafunzwe gusa icyumweru kimwe.

Ku mufunga, amakuru avuga ko wari umwanzuro wafashwe na komisiyo ishyinzwe imyitwarire muri M23.

Undi na we wari warafunzwe, ni Ibrahim Makenga umuvandimwe wa Major Gen Sultan. Uyu usanzwe ari umuyobozi wungirije w’urwego rushinzwe umutekano n’ubutasi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, we yari afungiye ibyaha birimo ruswa no kwigwizaho imitungo.

Abandi ni abafunzwe bazira gucuruza zahabu mu buryo butemewe n’amategeko, abo barimo Lt Col Willy Ngoma. Binavugwa ko we yafunzwe ibyumweru bitatu nyuma akaza kurekurwa.

Barimo kandi na Col Julien Mahano usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ubutasi bwa M23, wanafunguwe ahita yoherezwa gukorera muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Barimo na ofisiye witwa François Kazarama, we binavugwa ko agifunzwe kandi ko afungiye i Tchanzu, aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu wabaga mu nzu ye iherereye mu mujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.

Umugaba mukuru w’Ingabo za M23, Major Gen Sultan Makenga akomeje umuco wo guhana, mu gihe yari agize iminsi yumvikana anenga cyane imyitwarire mibi irimo ruswa, ubujura no kunyereza umutungo bikorwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa; izo zikaba ari zimwe mu mpamvu zatumye afata imbunda akaburwanya.

Mu gihe rero abo ayoboye n’abo borangwa n’iyo myitwarire, bisa no gukorera mu gihombo, bityo akaba ari kubahana.

Tags: GuhanwaM23
Share44Tweet28Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Havuzwe uduce Wazalendo bari kubabarizamo abaturage, n’icyakorwa kugira ngo bigire iherezo

Uduce 8 FARDC n'abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y'uko bishe abasivili Uduce tubarirwa mu 8 duherereye muri grupema ya Bukombo n'iya Tongo muri teritware ya Rutshuru, mu...

Read moreDetails

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe Sio.Sebagabo Rwambara war'uzwi cyane ku izina rya Edinasi, yatabarukanye n'abandi i Lubumbashi mu cyahoze ari Katanga, kuri ubu...

Read moreDetails

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije Abarwanyi bashingikiwe na guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai n'indi iyishamikiyeho ihurikiye mu...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by’i Doha

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyakozwe na Kinshasa biganisha kuri balkanisation, soma inkuru irambuye

AFC/M23/MRDP yavuze ko ntaho RDC yahungira ibiganiro by'i Doha Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ryatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo budashobora guhunga ibiganiro bibera...

Read moreDetails

Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

Igihugu cy'igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR Igihugu cy'igihangange ku isi ari cyo Leta Zunze ubumwe z'Amerika cyavuze ku cyemezo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Abantu batari bake bahitanwe n’abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Abantu batari bake bahitanwe n'abarwanyi bo mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?