AFC/M23/MRDP yabohoje uduce dushya kandi twinshi muri Kivu y’Epfo
Uduce tugera kuri dutanu duherereye muri teritware ya Kabare mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, twabohojwe n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Congo.
Ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 07/10/2025, ni bwo AFC/M23/MRDP yabohoje turiya duce, itwirukanamo Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta.
Utwo duce ni Luhogo, Ilenga, Maryamba, Mwengerera na Lubuhu, tukaba twose ari utwo muri teritware ya Kabare isanzwe ipakanye n’iya Kalehe, n’umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Uyu mutwe wigaruriye turiya duce nyuma y’imirwano ikomeye yayihuzaga n’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, zirimo iza FARDC, FDLR n’abarwanyi bo muri Wazalendo.
Ndetse kandi amakuru akomeza avuga ko imirwano yasize utwo duce tugiye mu biganza bya AFC/M23/MRDP yatangiye mu rukerera rwo ku wa mbere, aho yahereye mu gace ka Luhago ikomereza no muri turiya tundi.
Ifatwa ry’utu duce rije rikurikira utundi tubiri AFC/M23 yafashe ku munsi w’ejo ku wa kabiri two muri teritware ya Masisi twa Luke na Mulema.
Uyu mutwe ukomeje kwagura ibirindiro byawo, mu gihe i Doha muri Qatar hari ibiganiro by’amahoro biwuhuza na Leta y’i Kinshasa kubuhuza bwa Leta ya Qatar n’iya Leta Zunze ubumwe z’Amerika. Ariko bizwi ko uruhande rwa Leta ko arirwo rutangiza gushotora uyu mutwe, ubundi na wo ukirwanaho.
Ibi biganiro byatangiye mu mpera zakiriya cyumweru gishize.
Ikindi n’uko muri Shabunda na Mwenga uyu mutwe naho uri gukomeza kuja imbere, kuko ubu uri kugera amajanja mu nkengero za centre ya Shabunda n’iya Mwenga.
Mu mirwano yabaye ku gicamunsi cy’ejo ku wa kabiri, hagati y’abarwanyi b’uyu mutwe wa AFC/M23/MRDP n’Ingabo za Leta ya Congo n’abambari bazo, yabereye mu ishyamba rihurukira kuri zone ya Shabunda.
Binavugwa ko iri shyamba uyu mutwe wa maze kuryigarurira.
Hagataho, uko uyu mutwe ukomeza kwigarurira ibice byinshi muri Kivu y’Amajyepfo, ni nako Ingabo za Congo n’abambari bazo bambura imyambaro ya gisirikare bakigira abasivili, abandi n’abo bakambuka mu Burundi bakabuhungiramo.
Abenshi bambuka i Bujumbura mu Burundi baturuka i Uvira, ahafashwe muri iki gihe nk’ahantu hingenzi kurusha ahandi hose ingabo za Congo zigenzura muri Kivu y’Amajyepfo.
Abakurikiranira hafi intambara ihuza AFC/M23/MRDP na Leta y’i Kinshasa, bavuga ko umujyi wa Uvira ufashwe n’uy’u mutwe yahita irangira.
Uvira ni yo yimuriwemo ibiro bikuru by’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’uko Bukavu ifashwe mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka na AFC/M23/MRDP.
Usibye n’icyo irimo kandi Ingabo nyinshi za FARDC n’iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.
U Burundi bwarunze Ingabo zabwo nyinshi muri iki gice cya Uvira, kubera ko giherereye hafi n’umurwa mukuru wabwo wa Bujumbura. Bujumbura na Uvira ni birometero nka 27 gusa.