
Bill Gates yahishuye icorezo karundura kigiye kwibasira Isi.
Umuherwe cangwa Umugaga Bill Gates wagiye ahishura ko Ibyorezo biba byenda kwibasira Isi, yongeye guhishura icorezo karundura kigiye kwibasira isi mu bihe biri imbere.
Ubwo yari mu kiganiro kizwi nka TED Talk mu 2015, Bill Gates yatanze umuburo ko hari icorezo cenda kwibasira isi. Ntiyigeze akomoza ku gihe bizabera ahubwo yavuze ko isi ititeguye kuba yazabasha guhangana n’ico corezo.
Bill Gates yongeye kumvikana avuga ku by’icorezo gishya agaruka ku ca “Bioterrorism” gishobora kuba kigiye kwibasira Isi.
Interpol isobanura ko Bioterrorism ari “ibikorwa byose byo gukwirakwiza ku bushake ibinyabuzima bibi cangwa se uburozi hagamijwe kugirira nabi cangwa kwica ikiremwamuntu, inyamaswa cyangwa se ibimera nk’uburyo bwo gutera ubwoba cangwa guhatiriza inzego za leta n’abaturage ngo bemere ingingo runaka za politique cangwa izijyanye n’imibereho ku gahato.”
Mu kiganiro aherutse kugirana na banyamakuru ba BBC, umunyamakuru w’Umwongereza Amol Rajan yabajije Bill Gates ico abona abantu batari gutekerezaho kandi gishobora kuba kizatsikamira cane ikiremwamuntu.
Yasubije ko kubera ko “twatangiye gutekereza cane ku birebana n’imihindagurikire y’ikirere, ico corezo ni bioterrorism, kandi giteye ubwoba.”
Bill Gates avuga ko iki corezo gishingiye ku kuba hajya hakorwa iterabwoba rijyanye no gukwirakwiza ibinyabuzima bibi n’uburozi mu bantu no mu nyamaswa.
Yasobanuye ko Bioterrorism n’ibyorezo byose ari kimwe kubera ko bishyira abantu mu kaga bikabambura ubuzima.
Uyu mukire yavuze ko iki corezo aho gitaniye n’ibindi, ari uko co bigoye kucirinda, akanavuga ko gikomeye na cane ko abagiteza baba bazi uburyo abantu bashobora gukoresha bacirinda, ibyo bikabatera kugiteza mu buryo buteguye neza.
Ikigo ca Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe gukumira ibyorezo (CDC) kivuga ko iyo habayeho gukwirakwiza ibinyabuzima bibi, bishobora kuviramo abantu n’inyamaswa kuremba kandi ibimenyetso bikagaragara mu buryo butandukanye bitewe n’uko udukoko tuba
twinjiye mu mubiri.
Hatangwa urugero nko kuri za virus zishobora guca mu ruhu, izica mu myanya y’ubuhumekero, cangwa ahandi muzindi ngingo.
Mu gihe c’ico corezo, abantu baba basabwa kwirwanaho ubwabo iminsi myinshi, bakareba uburyo baba baribitseho iby’ibanze nkenerwa nk’ibyo kurya, amazi ndetse n’uburyo bwo kubona urumuri.
Bill Gates avuga ko ubwo icorezo ca Covid-19 cadukaga casanze abantu batiteguye, atanga umuburo ko hakwiriye gushorwa imbaraga nyinshi mu ikoranabuhanga kugira ngo abantu bazajye babasha gutahura niba hari ibitero bijyanye na ‘bioterrorism’ bibasatiriye.
Avuga ko atewe impungenge no kubona isi ititeguye neza nk’uko atekereza byagakwiye kuba bimeze.