Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubutasi Bwa Amerika, Bwashize Inyandiko Igaraza Umugambi Wa RDC Woguhirika Ubutegetsi Bwa Kigali.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 5, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubutasi bwa Leta z’Unze Ubumwe Za America (CIA), bwahishuye umugambi wa President Félix Tshisekedi, wo gukuraho Ubutegetsi bwa President Paul Kagame.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Yanditswe na : Bruce Bahanda, kw’itariki 05.06.2023, saa 1:05pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

CIA, ya leta z’Unze Ubumwe Za America, yashize inyandiko hanze zigaragaza uburyo Repubulika ya Demokarasi ya Congo, iyobowe na President Felix Tshisekedi, umugambi mubisha arimo wo gukuraho ubutegetsi bwa Kigali, buyobowe n’a President Kagame Paul.

Izo nyandiko zarimo ko RDC mugutegura gukuraho ubutegetsi bwa Kigali bazifashishisha imitwe yitwaje intwaro ikorera muburasirazuba bw’iki gihugu, harimo: “Mai Mai na FDLR.”

Ni inyandiko y’ubutasi bwa Amerika, aho hari isesengura CIA yakoze igendeye ku butasi bwa ANR (Ubutasi bwa RDC), ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo.

Nimugihe bashingiye kubutasi n’inama by’Umuyobozi wungirije ushinzwe ubutasi muri Kivu y’Amajyepfo, Kwalezitime Lilungi Dodo, aho yatanze inama yuburyo abona ikibazo cya M23 cyarangira.

CIA igaragaza ko uyu Lilungi asanzwe ari umwe mu barwanya cyane leta ya Kigali na M23, ndetse mukwezi kwambere uyu mwaka “yatanze igitekerezo cyo kwifashisha inyeshyamba nka Mai Mai n’izindi mu gukuraho ubutegetsi bwa President Paul Kagame.”

Ibi bitekerezo bya Lilungi byaje hashize ukwezi kumwe President Tshisekedi atanze igitekerezo ubwo yahuraga n’urubyiruko mukwezi kwa 12/ 2022.

Tshisekedi yavuze ko muri gahunda afite harimo gufasha Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bafite “bwigitugu.”

Yagize ati “Abanyarwanda ni abavandimwe bacu, ahubwo bakeneye ubufasha bwacu kuko baraboshwe, bakeneye ubufasha bwacu ngo tubabohore ni abavandimwe bakeneye ko dushyira hamwe tukabakiza abayobozi babasubiza inyuma.”

RDC guhera mu 2022 yafatanyije na FDLR mu kugaba ibitero kuri Kigali biburizwamo, ndetse u Rwanda ruherutse kugaragaza ko hari n’ibindi byari byateguwe kugabwa ubwo rwakiraga inama ihuza ibihugu bikoresha Icyongereza (CHOGM) ariko bikaburizwamo.

CIA igaragaza ko inama Lilungi yatanze muri iyo nyandiko yo mu kwezi kwa kabiri, ari uko ingabo z’umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba (EAC) ziri muri Congo zirukanwa, kuko ngo ari “umufatanyabikorwa mu gushaka gucamo Congo ibice by’umwihariko biturutse ku ngabo za Kenya zitagira icyo zikora n’ibindi byatumye zitakarizwa icyizere muri RDC.”

Muri ubwo busesenguzi bw’ubutasi Lilungi yoherereje abamukuriye i Kinshasa, yagaragaje ko Congo ikwiriye gushakira umuti ikibazo cy’ubushotoranyi bw’u Rwanda ititabaje ikindi gihugu icyo aricyo cyose muri EAC.

CIA igira iti “Lilungi yatanze icyifuzo cy’uko ingabo za Kenya n’iza Uganda zirukanwa kuko ziri mu mugambi w’abashaka gucamo ibice Congo. Abona kuba inzego z’umuryango mpuzamahanga ziri mu Burasirazuba bwa Congo bituma umutekano utagaruka kuko ngo banga ko bakorana na Mai Mai.”

Iyo nyandiko igaragaza ko mu mpera zukwezi kwambere umwaka wa 2023, Lilungi yanasabye ko ingabo zose z’abanyamahanga zitaha RDC ikirwanaho cyangwa igahitamo abandi bafatanyabikorwa ishaka.

Ibitekerezo bya Lilungi nk’umuntu ushinzwe ubutasi, byerekana imyumvire y’ubutegetsi bwa Congo ku bibazo biri mu Burasirazuba bwacyo n’impamvu bishobora kutazakemuka mu gihe cya vuba.

Impamvu ni uko Lilungi nk’ushinzwe ubutasi, agaragaza ko ikibazo bafite kiva mu mahanga mu gihe inshuro nyinshi Congo yagaragarijwe ko ikibazo gihari gituruka ku miyoborere mibi.

Tags: AmerikaCIAMumugambiRdcUbutegetsi bwa KigaliWoguhirika
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Wagner Mercenerries Group Detained A Russian Army Commander As Their Disputes Becomes Warse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?