
Umuryango wa Colonel Mahoro Ntagenzwa Ruterera, uratabariza uyu Musirikare urwariye mw’ibohero rikuru rya Kinshasa ko yavuzwa Kandi akitabwaho.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 22/07/2023, saa 6:17Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Uyu muryango wagize uti: “Colonel Mahoro Ntagenzwa Ruterera, umusirikare wahoze mungabo za Republika ya Demokarasi ya Congo ( FARDC), wamenyekanye cyane muri RDC, igihe yaharaniraga ko iki gihugu kigira amahoro n’imugihe yarwanya ga umwanzi wa RDC uwariwe wese yivuye inyuma. Ubwo yatabwaga muriyombi yaragifite igikomere ari muri Koma agendera mukagari ka Demiap, nyuma yuko yari yarasiwe kurugamba ahanganye numwanzi wa leta ya Kinshasa.”
“Uyu Musirikare yafatiwe Uvira muntara ya Kivu yamajy’Epfo, aho yarimo avurirwa i gikomere yakomerekeye muntambara yokurwanya abanzi ba guverinema ya Republika ya Demokarasi ya Congo. Hanyuma amaze gutabwa muriyombi yoherejwe arimo serumu, abanza guca munzego z’ubutasi kugira ngobabanze bamenye icafungiwe.”
“Ikibabaje uyu Musirikare kuva atawe muriyombi ntarunvirizwa ngo aburane akaba amaze amezi 25, ataraca Imbere y’ubutabera.”
Nkuko Umuryango wuyu Musirikare ubivuga bavuga ko bamaze kumenyeshwa ko “Colonel Ruterera, arwaye kandi cane akaba ari mubuzima bubi,” nyuma yuko bamenye ko Ruterera ari mubuzima bubi bahisemo gusaba ko umukuru w’igihugu nyakubahwa Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, ndetse na komisiyo y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu nka ACAJ, AMNISTIE INTERNATIONALE, ICRC, MONUSCO … babasabye ko uyu Musirikare yakwitabwaho akavurwa ndetse nuko yaburana.
Uyu muryango wa Colonel Mahoro Ntagenzwa Ruterera, ati: “Mugihe Colonel Ruterera, yopfa adaciriwe urubanza, abayobozi b’ibiro Bikuru by’Ubutasi, Minisitiri w’Ubutabera na Minisitiri w’ingabo, muricyo gihe aba bazaryozwa urupfu rwe kandi umuryango ufite uburenganzira bwo kubashyikiriza ubutabera.”
Ibi nibyo umuryango wa Colonel Mahoro Ntagenzwa Ruterera batabarije leta ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi.