
Umutwe wa M23, ngowaba wamaze kwigarurira ibice byinshi muri teritware ya Rutsuru.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 14/08/2023, saa 2:20pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Habaye intambara kuruyu wa Mbere, ahagana isaha z’igitondo ni Intambara yahuzaga Imitwe y’itwaje imbunda ishigikiwe na Guverinoma ya Kinshasa aho bivugwa ko barimo bahangana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Mu makuru Minembwe Capital News, ikesha bamwe mubaturage baho hafi bavuze ko iyo mirwano yaberaga muri Groupement ya Busanza, ho muri Teritwari ya Rutshuru, aha humvikanye imbunda ziremereye bikavugwa ko iyo ntambara yaba yamaze akanya gato.
Aya makuru akomeze avuga ko inyeshyamba za M23 zigera muri magana ane(400) ko zamaze kwambuka ahitwa Kitagoma ubu zikaba ziri kugenzura uduce twa Shinda, Rugarama, Kinyana, Kabarodi na ka kondo.
Gusa aya makuru inzego za Soseyete sivile ndetse na Fardc ubwayo ibi ntaco barabitangazaho bikaba birimo kuvugwa na baturage baturiye uduce two Muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo.
Naho ku Cyumweru, tariki ya 13/08/2023, muri teritware ya Masisi havuzwe imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 na Wazalendo ni mirwano yabereye muri Groupement ya Bashali Kahembe na yo itaragize icyo ivugwaho haba ku ruhande rwa leta cyangwa urwa M23. Ariko ikaba yaravuzwe nabaturage ndetse nibitangaza makuru byomuribyo bice.