Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Antony Blinken, wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yakoranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame, kubyerekeye umutekano wa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 16, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Kuruyu wa Kabiri, habaye ikiganiro kuby’umutekano wa RDC hagati ya Perezida Paul Kagame n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Antony Blinken.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 16/08/2023, saa 10:00Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Ejo hashize tariki 15/08/2023, perezida Paul Kagame, yagiranye ikiganiro n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken.

Iki kiganiro abayobozi bombi bagiranye bakoresheje Telefoni ngendanwa, kikaba cyaribanze kubi bazo bivugwa hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ibiro bikuru bya Minisitiri w’u bubanyi n’Amahanga wa leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yikiganiro cyabayozi bombi , bahise batangaza ko Perezida Kagame na Anthony Blinken bagiranye ikiganiro gitanga umusaruro ku bibazo bigize igihe bivugwa hafi y’umupaka wa Congo Kinshasa n’u Rwanda.

Kuri ubu ibihugu byombi biracyarebana ay’ingwe, kubera ibirego byerekeye umutwe wa M23 Congo idahwema gushinja leta ya Kigali.

Nko mu mpera z’ukwezi gushize Igisirikare cya RDC , cyashinje Ingabo z’u Rwanda kwinjira muri Kivu y’Amajyaruguru; ibirego RDF yamaganiye kure.

Blinken yasabye Perezida Kagame ko u Rwanda na RDC bafata ingamba zigamije guhoshya umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi mu buryo bwa dipolomasi, nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yabitangaje.

Ikiganiro cy’abayobozi bombi cyabaye nyuma y’iminsi mike Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Victoria Nuland, agiriye uruzinduko i Kinshasa.

Ni uruzinduko rwasize aganiriye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi ku bibazo biri hagati y’igihugu cye n’u Rwanda.

Mu mwaka ushize ubwo Antony Blinken yagiriraga uruzinduko rw’akazi i Kigali ndetse n’i Kinshasa, yagaragaje ko yabonye ibimenyetso bishimangira ko u Rwanda ruha ubufasha umutwe wa M23 umaze imyaka hafi ibiri uhanganye n’Igisirikare cya Congo Kinshasa.

U Rwanda ruhakana guha ubufasha uriya mutwe, ahubwo rukagaragaza ko rutewe impungenge n’imikoranire FARDC ifitanye n’umutwe wa FDLR; ibyo rufata nk’imbogamizi ku mutekano warwo.

Leta ya Kigali, imaze igihe yarakajije iby’umutekano ku mupaka wayo na Congo Kinshasa, mu rwego rwo kwirinda ko Ingabo z’iki gihugu na FDLR bagira ibitero bagaba bigamije guhungabanya umutekano w’Abaturarwanda.

Tags: AmerikaAntony BlinkenikiganiroPaul KagameRwandaUmutekano wa RDC
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

L'ONI yatangaje ko abahunga intambara muri Sudan bakomeje kw'iyongera mugihe cyamezi ane.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?