
Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajepfo, arashinjwa kunyereza akayabo ka mafaranga.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 23/08/2023, saa 6:45Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umuyobozi Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajepfo, bwana Guverineri Theo Kasi Ngwabidje, arashinjwa kunyereza ifaranga zari zagenewe gufasha abantu bo muri teritware ya Kalehe, baheruka ga kuva mubyabo kubera bari batewe nicago c’umwuzure wa Mazi.
Umuryango ushinzwe agateka kazina Muntu LUCHA, n’umuryango utegamiye kuri leta ya Kinshasa, akaba ariwo utunga agatoki uyu muyobozi.
Mu makuru uyu muryango wa LUCHA, wabashe gushira hanze wavuze ko uyu Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajepfo, bwana Theo Kasi Ngwabidje, yaba yarariye Amafanga angana na Milioni yamafaraga ya Manyamerika, bakemeza ko yaramafaranga yari yaratanzwe nabagira neza Mpuzamahanga, akaba yari yakusanyijwe ngwafashe abari bavuye mubyabo kubera ibiza by’imyuzure byari byasenyeye Abantu bo muri teritware ya Kalehe.
Tubibutsa ko iyo myuzure yari yateye Kalehe homuri Kivu y’Amajepfo, umwaka ushize ndetse no muntangiriro zuyu mwaka turimo. Ibi biza bikaba byarahitanye abantu barenga magana atatu arenga.
Uyu muryango wa LUCHA, Kandi urashinja Guverineri Theo Kasi Ngwabije, kuba yarahagaritse umushinga wogufasha abaturage bo kw’Ijwi. Ibi nibyari byashizweho na Perezida Félix Tshisekedi, aho yari yatanze imfashanyo yokubakira amashanyarazi abatuye kw’Ijwi. Gusa LUCHA ikavuga ko Theo Kasi Ngwabije, yaba akingigwa ikibaba na Perezida Félix Tshisekedi kuberako babana mwishaka rya Udps.
LUCHA ikarangiza ivuga ko ngo mugihe kurwanya Ruswa biri munshingano za Perezida Félix Tshisekedi, yagakwiye gufata umwanya Wambere mukwerekana ibyingenzi.
LUCHA, ikavuga ko ibyo bikorwa byo kw’Ijwi byari byagenwe kobizubakwa mu Mezi atatu.