
Muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, haravugwa umutekano muke nimugihe ingabo za RDC ngozaba zamaze kwambarira urugamba rwo kurwanya umutwe w’inyeshamba wa M23.
Mu makuru Minembwe Capital News imaze kwakira yizewe nuko izi Ngabo za leta ya Kinshasa (FARDC) zamaze kujenga ibi Bunda byamizinga mubice byinshi biherereye muri teritware ya Masisi bagamije kurwanya ziriya nyeshamba za M23.
Bimwe mubice byamaze kugeramo abasirikare benshi ndetse n’ibi Bunda bikomakomeye harimo ahitwa Kurugi aha ngohashizwe abasirikare ba FARDC na FDLR bakaba bahashinze ni Mbunda bita BM na Kateusha.
Mugihe ahitwa Kabati ho hongerewe inyeshamba zizwiho gukorana byahafi n’ingabo za FARDC bo mutwe wa Nyatura na FDLR. Kurusengero na Makombo hari FDLR yonyine gusa.
Ahitwa King hari uruvange gwingabo za FARDC zivanze na Nyatura na FDLR.
Kumakara ho n’ingabo za RDC. Naho ahazwi nko mwifamu ya Kamanzi no kwa Sadron niho hari umu Colonel uzwi kw’izina rya Ruhinda usanzwe ayoboye umutwe w’inyeshamba wa FDLR ukomoka mugihugu c’u Rwanda.
Harandi makuru Minembwe Capital News yamaze kwakira avugwa ko ingabo za SADEC na Barusiya, kobamaze kw’injizwa rwihishwa bakaba bashizwe muri Sake. Ikindi gikundi c’ingabo ninshi za FARDC ngo cyageze mubice bya Gashuga hafi na Mweso bavuye Nyanzare.
Iz’ingabo zose zigamije kurimbura icitwa M23 nkuko ayamakuru twayahawe nabantu bizewe baturiye ibyo bice.
Ubwo Minembwe Capital News, yakurikiranaga ayamakuru byanavuzwe ko Umusirikare mukuru ureba ingabo za RDC muri Kivu yamajy’Epfo, koyahamagaye ingabo ze ziri mubice bya Lubirizi abasaba kuba maso ngo kuko Inyeshamba zo mu mutwe wa M23 bashaka kugaba igitero muri Uvira banyuze i Burundi. Ibi bikaba bihuriranye nuko ingabo za Barundi bahoraga mu Misozi Miremire y’Imulenge bamaze icyumweru kirenga baroherejwe gukorera muri Plaine Dela Ruzizi bikanemezwa ko izi Ngabo ngozaba zaraje gufunga amayira akekwaho ko M23 ngoyaba ishaka kuyanyuramo kugira ngo ikore intambara muri Kivu yamajy’Epfo.
By Bruce Bahanda.
Tariki 11/09/2023.