
Uhagarariye ishirahamwe UNESCO, Isalas Barreto, muri Republika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kane 21/09/2023, yasabyeko abakongomani bakwiye kw’itandukanya n’inkuru z’ibihuha hamwe n’invuzo zihembera amacakubiri kugirango babashe kubaka nogutezimbere igihugu cabo.
Ibi n’ibyo yavuze mugihe bari mu Muhango wokwizihiza umunsi Mpuzamahanga wamahoro. Ni umuhango wabereye kuri Hotel bita Fleuve Congo, iri mu murwa Mukuru w’igihugu ca RDC Kinshasa.
Bwana Isalas Barreto da Rosa yaboneyeho n’umwanya wogusaba abanyekongo ko bagomba gushira imbere amahoro biciye mukubana neza kabone niyo abakongomani badahuje imico ndetse n’imyemerere.
Uyu muyobozi mu muryango wa L’ONI yanashishikarije abanyapolitike kuba bakwinjiza igitsinagore murwego rwo gushaka amahoro muri Congo Kinshasa.
Minisitire w’umutekano w’imbere mugihugu bwana Peter Kazadi ubwo yahabwaga ijambo nkuko iy’inkuru tuyikesha Radio Okapi, yavuzeko Guverinoma ya Congo irimo gushiramo imbaraga zose kugirango amahoro agaruke Muburasirazuba bwa Congo Kinshasa, gusa yaje kudomekamo ijambo rivuga ko ingabo za RDC ngo zihanganye n’igisirikare c’u Rwanda cyitwikiriye izina M23 akaba kandi yemezako amahoro nagaruka muri aka gace k’iburasirazuba igihugu kizaba gifite amahirwe yo guterimbere muburyo bwihuse.
Uyu Muhango barimo ukaba wariwashiriweho ikiranga ntego kivuga ngo “Igikorwa kiganisha kumahoro. Ibyifuzo biganisha kuntego zihamye.”
MONUSCO n’andi mashirahamwe ashamikiye kuri L’ONI muriki gihugu ca Congo bateguye uyumunsi murwego rwokubahiriza Amahoro. Iyi tariki ikaba yaratangiye kwizihizwa ahagana mu mwaka wa 1981.
By Bruce Bahanda.
Tariki 22/09/2023.