
Abo munteko ishinga amategeko mucama ca UDA arinaco cama kiri ku butegetsi mugihugu ca Kenya barasaba ko uwahoze ayoboye Iki gihugu ariwe Uhuru Kenyatta nabwana Raila Odinga, umunya Politiki utavuga rumwe nubutegetsi bwa William Ruto, batabwa muri yombi bagafungwa.
Iyinkuru yanditswe na Bruce Bahanda, kwisaha ya 6:42Pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe, tariki 21.03.2023.
Bano ba Députés bakoranye i kiganiro n’abanyamakuru batandukanye mumujyi wa Nairobi kuruyu wakabiri tariki 21.03.2023, babwira itangaza makuru ko Uhuru na Odinga hamwe n’abandi banyapolitiki bari mu ihuriro rya Azimio la Umoja, bakaba bari inyuma y’imyigaragambyo yabereye mubice bitandukanye muri Kenya ejo hashize tariki 20.03.2023, ko bagomba guhanirwa ibyangirikiye muriyo myigaragambyo.
Banashize itangazo hanze ryasomwe n’Umuyobozi Mukuru wa UDA, ariwe Cecily Mbarire aba badepute bagize bati: “Turashaka ko bahanwa buri buye ryatewe, umutungo wangijwe n’uwasahuwe, ubuzima bwahatakariye, abo baba ari bo bose.”
Kuri Uhuru Kenyatta, aba bashingamategeko basobanuye ko uyu munyapolitiki ari mu bateye inkunga iyi myigaragambyo, basaba ko abihanirwa ibyo yangije atagomba gusigara.
Kimwe mu by’ingenzi byaranze iyi myigaragambyo harimo kwamagana ubutegetsi bwa President William Ruto. Ihuriro Azimio ryemeza ko William Ruto, Ubutegetsi bwe bwagiyeho mu buryo butemewe n’amategeko. Byatumye abigaragambya ubwo bageraga muri Kisumu, batwika ibiro bya UDA n’imodoka yari ihaparitse.
Itwikwa ry’ibi biro bya UDA riri mu byarakaje abayoboke b’iri shyaka, basaba ko abateguye iyi myigaragambyo babihanirwa ibyangiritse bikishurwa.




