• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ababembe bavuzwe m’urupfu rwa Col.Wamba uheruka kwicwa.

minebwenews by minebwenews
December 6, 2024
in Regional Politics
0
Ababembe bavuzwe m’urupfu rwa Col.Wamba uheruka kwicwa.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ababembe bavuzwe m’urupfu rwa Col.Wamba uheruka kwicwa.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Amakuru agera kuri Minembwe.com, yemeza ko Col.Wamba Kifaranga Hondwa uheruka kwicwa arasiwe mu Mikenke, yishwe n’insoresore z’Ababembe ku kagambane k’ingabo za FARDC zikorera muri ibyo bice.

Mu mugoroba wa joro wo ku Cyumweru tariki ya 01/12/2024 ni bwo Col. Kifaranga wari umurwanyi ukomeye muri Maï Maï yarashwe mu cyico agahita yitaba Imana ako kanya.

Nyuma y’iraswa rye, mu Mikenke no mu nkengero zayo humvikanye urusaku rw’imbunda rwinshi, ibyanatumye abaturage baturiye ibyo bice bahunga, ndetse abenshi barara mu bihuru. Abandi bake bahungira mu Minembwe.

Byavuzwe ko Maï Maï kwari yo yarimo irasagura ayo masasu aho ngo byari mu rwego rwo kwerekana ko yatakaje umurwanyi ukomeye.

Inkuru zatangajwe nyuma y’urupfu rwa Col. Kifaranga zavugaga ko yishwe n’ingabo za FARDC, ariko ku rundi ruhande bikavugwaga ko yishwe n’Abanyamulenge.

Uyu murwanyi yarasiwe mu gasambu gahurukira ku bitaro bikuru bya Mikenke, werekeza mu muhana w’Ababembe; akaba yarimo yitembeza aho hafi. Binavugwa kandi ko yapfanye n’umusirikare umwe wo mu ba esikoti be.

Ubuhamya bwatanzwe n’umuntu uri muri ibyo bice ariko ku bw’umutekano we, yanga ko amazina ye atangazwa, yemeje ko Kifaranga yarashwe n’Ababembe kandi ko uwo mugambi ingabo za FARDC zari ziwurimo.

Kifaranga Hondwa ni we wari w’ungirije General Mutetezi Trèsor. Avuka mu bwoko bw’Abanyindu; yarazwiho ubugome ahanini ku Banyamulenge, kuko yagiye ayobora ibitero byinshi byo ku babyaga Inka, ndetse n’ibyo kubica.

Ababembe n’Abanyindu bafitanye ubugome bushingiye ku nka z’Abanyamulenge izo bagiye babanyaga. Ibi bikaba biri mu bituma bicana.

Uru rwango kandi ruri hagati y’Abapfulero n’Ababembe, ni mu gihe Abanyindu n’Abapfulero bafatanye isano ryahafi, nk’uko amateka abivuga, ndetse n’ururimi bavuga rukaba rwenda gusa.

Uyu Kifaranga uheruka kwicwa n’Ababembe yashinguwe ku wa gatatu tariki ya 04/12/2024; ashingurirwa ahitwa Katungulu ho muri teritware ya Fizi.

Tags: AbabembeKifarangaMikenke
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Bimwe mu bizanye komanda Secteur mu Minembwe byamenyekanye.

Bimwe mu bizanye komanda Secteur mu Minembwe byamenyekanye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?