
Ingabo za FARDC zirashinjwa kunyaga Abacuruzi muri Aru homuntara ya Ituri.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 26/07/2023, saa 4:50pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Kuruyu wa Gatandatu w’i Cyumweru gishize tariki 22/07/2023, n’ibwo Abacuruzi banyura umuhanda wa Aru homuntara ya Ituri bagana mubice bya Isiro muntara ya Haut-Uele, batangangaje ko bahagaritse ingendo zabo z’ubucuruzi. Ni ngendo bakoraga zaburimunsi bari mukazi kabo.
Guhagarika gukoresha uwo muhanda bikaba byarafatiwe munama rusangi y’Abacuruzi bo muri Aru aho bashinja ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kubarenganya mukubaka imisoro y’umurengera.
Aba bacuruzi bakaba baratanze impanvu ko byatewe nuko muruwo muhanda baha huriraga n’ibibazo byinshi birimo kunyagwa ibyabo ndetse nokubatangisha imisoro ihanitse barangiza baka bahohotera, nkuko bitangazwa n’ishirahamwe ryabacuruzi muribyo bice bya Ituri.
Ubwo abo bacuruzi baganiraga na Radio Okapi, bemezaje ko buri Cyumweru bakoreshaga amafaranga arihagati ya 200,1500 na 2000 mugaciro ka madolari ya Amerika. Izo faranga nizo batangishwaga mu muhanda uva Ituri, Bas -Uele na Haut-Uele.
Abacuruzi bakomeje bavuga ko nubwo bahagaritse ariko ko Ubucuruzi bwabo bwagiye bufasha ama Centre menshi kubakwa nabo.
Ati: “Gucuruza kwacu byafashije byinshi harimo guteza abaturage Imbere ndetse nokuzamura mukubaka Igihugu. Twafashije kubaka Centre ya Aru , Isiro ndetse n’intara yabaturanyi ya Haut-Uele.”
Uhagarariye Ishirahamwe rya Bacuruzi FEC, yabwiye itangazamakuru ko gutanga iyo misoro incuro zirenga zine(4) cangwa zitanu(5), bo bibatera gukorera mugihombo.
Kuba Abacuruzi bahagaritse imirimo yabo ngobyamaze kuzana ingaruka mubaturage baturiye Aru aho aba baturage bari babeshejweho nuko aka gace kakiraga Abacuruzi benshi mubihe bihoraho nkuko aba baturage babyiganiga Radio Okapi.
Uwitwa Corneille Aloma, ukuriye ishirahamwe ryabayobozi bagakondo muri Aru, yahamije ayamakuru.
Ati: “Abacuruzi bari bafashe runini muri Aru ndetse no munkengero zayo. Kurubu ntabuhahirane bukiri hagati ya Baturage nabacuruzi.”
Aba baturage bakaba bahamagarira Ubuyobozi bw’intara kugabanya imisoro maze Abacuruzi bakomeze akazi kabo.