
Abagaba b’Ingabo bo mu muryango wa EAC, bahuriye mu nama idasanzwe yiga kuby’umutekano wa RDC.
Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 24/08/2023, saa 1:30pm, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Abakuru b’Ingabo bo mubihugu b’ihuriye mu muryango wa Afrika y’iburasizuba ( EAC ), bahuriye mu nama idasanzwe yiga kuby’umutekano wo Muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, nuko “kumunsi w’ejo hashize tariki 23/08/2023, aba bakuru b’ingabo bagize i Nama idasanzwe ni Nama yabereye i Nairobi muri Kenya, baganira ku miterere y’ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo.”
Mubitabiriye iyo Nama harimo Ubuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga harimo kandi na bagenzi be bo mu bindi bihugu, barimo n’uwari uhagarariye igisirikare ca Repubulika ya Demokarasi ya Congo Lt General Christian Tshiwewe.
Iyi nama idasanzwe kandi yanitabiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba (EACRF), ziri mu butumwa Muburasirazuba bwa RDC, Major General Alphaxard Kiugu.
Iyi nama ibaye mu gihe habura igihe gito ngo igihe cyahawe izi ngabo za EAC, kirangire, dore ko kizarangira tariki 08/09/2023.
Ntihatangajwe byinshi mu byavugiwe muri iyi nama idasanzwe y’Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC, niba banaganiriye ku kongerera igihe izi ngabo z’uyu muryango ziri muri Congo Kinshasa kuva mu mpera z’umwaka ushize wa 2022, aho zagiye zihawe manda yamezi atandatu, iza kongerwaho andi atatu, kuva mukwezi kwa Gatandatu.
Ingabo za EAC zigizwe n’izaturutse muri Kenya, muri Uganda, mu Burundi no muri Sudani y’Epfo; zagiye zisigirwa ibice byari byarafashwe n’umutwe wa M23, ubwo wabaga ubivuyemo