
Abahungu batanu(5), bomubwoko bwa b’Anyamulenge bafungiwe i Bukavu bafunzwe mugihe bari berekeje gusenga.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 07.04.2023, saa 8:35 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, dukesha abaturiye i Bukavu kumurwa Mukuru w’intara Ya Kivu Yaruguru, nuko ahagana mumasaha ya Sakenda zokugicamunsi canone tariki 07.04.2023, Inzego zishinzwe umutekano zataye muriyombi abahungu batanu bari mukigero c’Imyaka 17 bomubwoko bw’Abatutsi (Banyamulenge), nimugihe bari bagiye gusenga.
Aba bahungu bakiribato kuko imyaka yabo ibigaragaza bari bavuye mugace ka Nyangezi bashaka kuja gusengera i Bukavu mumujyi nkuko Minembwe Capital News, yahawe ayamakuru, mugihe bari bashaka kwinjira mumujyi gwagati Inzego zishinzwe umutekano zahise zibafata zibita Abanyarwanda zibata munzu yimbohe buzira gusambishwa.
Uwatanze ayamakuru yavuze ko bafunzwe nabi ati ndetse barababaye kuko bivugwa ko mbere yuko babata munzu yimbohe babanjye kubakubita bazirako ari Tutsi.
Mubafunzwe harimo uwitwa:
1. Mereweneza(Umugorora).
2.Ndabarinze(Umusinzira).
- Kega(Umwega).
- Iranzi(Umwitira).
- Umusita.
Abanyamulenge bafungwa murubu buryo bivugwa ko bamaze kuba benshi ahobamwe bafungiwe i Kinshasa, Uvira, Équateur nahandi. Nkuko bikomeza kuvugwa bavuga ko abafunzwe badashikirizwa ubutabera ngo baburane kuko babona neza ko ntacaha kiba kibafunze hubwo bafungwa bazira Ubwoko bwabo (Tutsi).




