Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abandi basirikare b’u Burundi bageze mu Bibogobogo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 9, 2025
in Regional Politics
0
The Burundian soldiers have once again appeared in Bibogobogo.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abandi basirikare b’u Burundi bageze mu Bibogobogo.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Nyuma y’aho bivuzwe ko abasirikare b’u Burundi babarirwa mu magana batumwe mu Bibogobogo mu cyumweru gishize, uyu munsi ku wa gatatu tariki ya 09/04/2025, hongeye kugera abandi n’abo babarirwa mu ijana, nk’uko amasoko yacu abyemeza.

Hagati muri kiriya cyumweru gishize ni bwo mu Bibogobogo hageze abasirikare 200, bakaba barahageze baturutse mu mujyi wa Baraka ho muri teritware ya Fizi.

Ubwo bahageraga, kubera imirwano yarimo ibera mu Rusuku no kwa Mulima hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo na Twirwanaho ku bufatanye bwayo na M23, icyo gihe byavugwaga ko zaba zije gutanga umusaada no kurinda umujyi wa Baraka udafatwa n’aba barwanyi bo muri m23 na Twirwaneho.

Ni mu gihe iki gice cya Bibogobogo gisanzwe gituwe n’Abanyamulenge benshi, kandi kikaba kiri hejuru y’uyu mujyi w’i Baraka.

Ariko ku geza ubu baracyahari, ndetse kandi nta musaada bigeza batanga haba kwa Mulima cyangwa mu Rusuku.

Ahagana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, ubwo ni mu masaha make ashize, ni bwo kandi abasirikare bagera mu ijana b’u Burundi basesekaye aha muri Bibogobogo.

Aya makuru agaragaza ko binutse i Baraka, kandi ko bari batonze umurongo, aho abababonye bavuga ko wari umurongo mure mure, kuburyo batabashaga ku babara.

Ati: “Ubu tuvugana abasirikare b’indundi bari menye ku bwinshi. Ntiwabasha kubabara kuko bafite umurongo mure mure.”

Ni amakuru ashimangira ko bamaze kwinjira mu muhana wa Bibogobogo.

Ati: “Bari guhita binjira mu muhana wa Bibogobogo. Ubabariranyije bagera mu ijana.”

Ibigo bya gisirikare biherereyemo abasirikare baba aba Fardc cyangwa ab’u Burundi bigera kuri birindwi. Hari igiherereye muri centre ya Bibogobogo, iki kirebwa na Col Ntagawa wo muri Fardc, ikiri mu irango rya Ugeafi nacyo kirimo ingabo z’u Burundi.

Ni mu kandi ikindi kiri mu Bivumu, Kavumu na Rurimba.
Ikigo cyonyine kirimo Fardc ni kiri muri centre ya Bibogobogo, ibindi byose muri ibyo tuvuze haruguru birimo ingabo z’u Burundi.

Ingabo z’u Burundi zongeye kugera mu Bibogobogo ari nyinshi, mu gihe ku munsi w’ejo ku wa kabiri Twirwaneho na M23 byafashe igice cya Rugezi cyose, cyo muri secteur ya Lulenge muri teritware ya Fizi. Ni nyuma y’imirwano ikomeye yari ihanganishije iyi mitwe ibiri ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ni ihuriro ry’ingabo za Congo, ririmo ingabo z’u Burundi, iza Congo, n’imitwe irimo uwa FDLR n’uwa Wazalendo.

Amakuru avuga ko iri huriro rirwanirira ubutegetsi bw’i Kinshasa, nyuma y’aho uriya mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bifashe iki gice cya Rugezi, ryahise rikwira imishwaro, ubundi rihungira mu mashyamba yo mu Rugezi agana i Milimba ahazwi nk’i ndiri ikomeye ya FDLR na Wazalendo.

Tags: BarakaBibogobogoFardcFDNBIngabo zu Burundi
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Burundian soldiers have arrived in Bibogobogo.

Burundian soldiers have arrived in Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?